Yesaya 1:1-31

  • Umubyeyi n’abahungu be b’ibyigomeke (1-9)

  • Yehova yanga abamusenga batabikuye ku mutima (10-17)

  • ‘Nimuze tugirane imishyikirano’ (18-20)

  • Siyoni yari kongera kuba umujyi wizerwa (21-31)

1  Ibyo Yesaya* umuhungu wa Amotsi yeretswe,+ ku Buyuda na Yerusalemu, mu gihe cy’ubutegetsi bwa Uziya,+ Yotamu,+ Ahazi+ n’ubwa Hezekiya,+ abami b’u Buyuda:+   Umva wa juru we, nawe wa si+ we tega amatwi,Kuko Yehova ubwe avuga ati: “Nareze abana ndabakuza,+Ariko banyigometseho.+   Ikimasa kimenya nyiracyoN’indogobe ikamenya aho irira kwa nyirayo. Ariko Abisirayeli bo ntibanzi.*+ Abantu banjye ntibagaragaza ubwenge.”   Abantu bahora mu byaha bazahura n’ibyago,+Abantu bahora bakosa,Abakomotse ku bantu babi, abana bangiritse. Bataye Yehova,+Basuzugura Uwera wa IsirayeliKandi baramuta.   Ko murushaho kwigomeka, ubwo ubutaha muzakubitwa he?+ Umutwe wose urarwayeKandi umutima wose urarembye.+   Kuva munsi y’ikirenge kugera ku mutwe nta hazima hahari. Hari ibikomere, imibyimba n’ibisebe. Nta wigeze abivura* cyangwa ngo abipfuke, cyangwa ngo abisige amavuta.+   Igihugu cyanyu cyarasenyutse. Imijyi yanyu yatwitswe n’umuriro. Abanyamahanga barya igihugu cyanyu mubireba.+ Igihugu cyanyu kimeze nk’icyarimbuwe n’abanyamahanga.+   Umukobwa w’i Siyoni asigaye ameze nk’akazu ko kugamamo* mu murima w’imizabibu,Nk’akazu kari mu murima w’uduhaza duto,Ameze nk’umujyi wagoswe.+   Iyo Yehova nyiri ingabo atadusigira abarokotse bake,Tuba twarabaye nka SodomuKandi tuba twarabaye nka Gomora.+ 10  Nimwumve ijambo rya Yehova mwa bategetsi* b’i Sodomu+ mwe. Nimutege amatwi amategeko* y’Imana yacu mwa bantu b’i Gomora+ mwe. 11  Yehova aravuga ati: “Ibitambo byanyu byinshi bimariye iki?+ Ndambiwe ibitambo byanyu bitwikwa n’umuriro by’amapfizi y’intama+ n’ibinure by’amatungo abyibushye+Kandi sinishimira amaraso+ y’ibimasa bikiri bito+ n’ay’ihene n’intama.+ 12  Iyo muje imbere yanjye,+Ni nde uba wabibasabye,Ko muba muje kunyukanyuka* imbuga z’inzu yanjye?+ 13  Ntimuzongere kunzanira amaturo y’ibinyampeke atagira umumaro. Nanga umubavu* muntura.+ Mukora iminsi mikuru ukwezi kwagaragaye,+ mukizihiza amasabato,+ mukagira n’amakoraniro.+ Singishoboye kwihanganira ukuntu muvanga ubumaji+ n’amakoraniro yihariye. 14  Nanga iminsi mikuru mukora ukwezi kwagaragaye n’indi minsi mikuru yanyu. Byambereye umutwaro,Kubyihanganira bimaze kunanira. 15  Iyo muntegeye ibiganza,Simbareba.+ Nubwo muvuga amasengesho menshi,+Sinyumva;+Ibiganza byanyu byuzuye amaraso.+ 16  Nimwiyuhagire mwiyeze.+ Singishaka kubona ibikorwa byanyu bibi;Mureke gukora ibibi.+ 17  Mwige gukora ibyiza, mushake ubutabera,+Mukosore ufata abandi nabi,Muharanire uburenganzira bw’imfubyi*Kandi murenganure umupfakazi.”+ 18  Yehova aravuga ati: “Nimuze tuganire mbereke uko twagirana imishyikirano myiza.+ Nubwo ibyaha byanyu bitukura,Bizahinduka umweru nk’urubura;+Nubwo bitukura cyane nk’umwenda utukura,Bizahinduka umweru nk’ubwoya bw’intama. 19  Nimwemera mukumvira,Muzarya ibintu byiza byo mu gihugu.+ 20  Ariko nimwanga mukigomeka,Muzicwa n’inkota,+Kuko akanwa ka Yehova ari ko kabivuze.” 21  Mbega ukuntu umujyi+ wizerwaga wahindutse indaya!+ Wari wuzuye ubutabera;+Gukiranuka ni ho kwabaga.+ None wabaye uw’abicanyi!+ 22  Ifeza yawe yahindutse umwanda+Kandi inzoga* yawe bayisutsemo amazi. 23  Abatware bawe ntibava ku izima kandi ni incuti z’abajura.+ Buri wese muri bo akunda ruswa kandi ahatanira guhabwa impano.+ Ntibacira imfubyi urubanza rutaberaKandi ntibakira ikirego cy’umupfakazi.+ 24  Ni yo mpamvu Umwami w’ukuri, Yehova nyiri ingabo,Intwari ya Isirayeli avuga ati: “Nimutege amatwi. Nzikiza abandwanya,Nihorere ku banzi banjye.+ 25  Nzaguhana,*Ngusukure nkumareho imyandaKandi nzagukuraho imyanda yawe yose.+ 26  Nzongera ngusubirizeho abacamanza nk’uko byari bimeze mbere,N’abajyanama bawe nk’uko byari bimeze bigitangira.+ Nyuma yaho uzitwa Umujyi wo Gukiranuka, Umujyi Wizerwa.+ 27  Siyoni izacungurwa n’ubutabera+Kandi abantu bayo bazayigarukamo, bazacungurwa no gukiranuka. 28  Abigomeka n’abanyabyaha bazarimburirwa rimwe+Kandi abataye Yehova bazakurwaho.+ 29  Bazakorwa n’isoni bitewe n’ibiti binini mwifuzaga+Kandi muzamwara bitewe n’ubusitani* mwahisemo.+ 30  Muzamera nk’igiti kinini gifite ibibabi byumye,+Mumere nk’ubusitani butagira amazi. 31  Umugabo w’umunyambaraga azahinduka nk’ubudodo buva mu bimera*Kandi imirimo ye izamera nk’igishashi cy’umuriro;We n’ibikorwa bye bizahira rimweKandi nta wuzashobora kubizimya.”

Ibisobanuro ahagana hasi

Bisobanura ngo: “Agakiza ka Yehova.”
Cyangwa “ntibazi shebuja.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “abikanda.”
Cyangwa “ingando.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “abanyagitugu.”
Cyangwa “amabwiriza.”
Cyangwa “kuribata.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “umwana utagira papa we.”
Cyangwa “inzoga y’ingano.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “nzaguteza ukuboko kwanjye.”
Uko bigaragara ni ibiti n’ubusitani byari bifitanye isano no gusenga ibigirwamana.
Ni ubudodo bushobora kwaka.