Yesaya 15:1-9

  • Urubanza rwaciriwe Mowabu (1-9)

15  Uru ni rwo rubanza rwaciriwe Mowabu:+ Umujyi wa Ari+ w’i Mowabu waracecekeshejwe,Bitewe n’uko washenywe mu ijoro rimwe. Kiri+ y’i Mowabu yaracecekeshejwe,Bitewe n’uko yashenywe mu ijoro rimwe.   Yarazamutse ajya ku Rusengero* n’i Diboni,+Ajya kuririra ahantu hirengeye. Mowabu iririra Nebo+ na Medeba.+ Imitwe yose ifite uruhara,+ ubwanwa bwose bwarogoshwe.+   Mu mihanda yaho, abantu bambaye ibigunira. Ku bisenge by’amazu yabo n’ahahurira abantu benshi, bose bararira cyane,Bamanuka barira.+   Imijyi ya Heshiboni na Eleyale+ birataka,Ijwi ryabyo rirumvikanira i Yahasi.+ Ni yo mpamvu abitwaje intwaro b’i Mowabu bakomeza gusakuza. Iratitira.   Umutima wanjye uraririra Mowabu. Impunzi zabo zageze i Sowari+ no muri Egulati-shelishiya.+ Bazamuka i Luhiti barira,Banyura mu nzira ijya i Horonayimu barira cyane kubera ibyo byago.+   Amazi y’i Nimurimu yose yarakamye. Ibyatsi bibisi byarumye,Ubwatsi bwarashize kandi nta kimera kibisi kikihaba.   Ni yo mpamvu batwara ibyasigaye mu bubiko bwabo n’ibyo batunze;Bambuka ikibaya kirimo ibiti.*   Gutaka kumvikanye mu karere kose k’i Mowabu.+ Kurira kwageze muri Egulayimu,Kurira kwaho kwageze i Beri-elimu.   Amazi y’i Dimoni yuzuye amaraso;Kandi mfite ibindi bintu nzateza i Dimoni: Abarokotse b’i MowabuN’abasigaye mu gihugu nzabateza intare.+

Ibisobanuro ahagana hasi

Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “Inzu.”
Ijambo ry’Igiheburayo ryakoreshejwe aha ryerekeza ku biti bikunze kuba ku nkombe z’imigezi yo mu Burasirazuba bwo Hagati.