Yesaya 25:1-12
25 Yehova, uri Imana yanjye.
Mvuga ukuntu ukomeye, nsingiza izina ryaweKubera ko wakoze ibintu bitangaje.+
Uhereye mu bihe bya kera wagiye usohoza ibyo wagambiriye*+ mu budahemuka+Kandi uri uwiringirwa.
2 Wahinduye umujyi ikirundo cy’amabuye,Umujyi ukikijwe n’inkuta zikomeye, wawuhinduye amatongo.
Umunara w’umuntu ukomoka mu kindi gihugu, ntukiriho;Ntuzongera kubakwa.
3 Ni yo mpamvu abantu bakomeye bazagusingiza.
Abantu bo mu bihugu bikoresha igitugu bazagutinya.+
4 Ufite intege nke umubera ubuhungiro.
Umukene iyo ageze mu bibazo bikomeye, umubera aho ahungira,+Ukamubera aho yugama imvura nyinshiKandi umubera igicucu cyo kugamamo izuba.+
Iyo uburakari bw’abategekesha igitugu bumeze nk’imvura nyinshi yikubita ku rukuta,
5 Bukamera nk’ubushyuhe bwo mu gihugu cyumagaye,Ucecekesha urusaku rw’abantu bo mu mahanga.
Nk’uko igicucu cy’ibicu kigabanya ubushyuhe,Ni ko ucecekesha indirimbo y’abategekesha igitugu.
6 Kuri uyu musozi,+ Yehova nyiri ingabo azahakoreshereza abantu bo mu bihugu byoseUmunsi mukuru urimo ibyokurya biryoshye cyane,+Umunsi mukuru urimo divayi nziza,*Umunsi mukuru urimo ibyokurya biryoshye cyane byuzuye umusokoro,Urimo na divayi nziza iyunguruye.
7 Kuri uyu musozi, azakuraho* umwenda utwikiriye abantu boseN’umwenda uboshye utwikiriye ibihugu byose.
8 Urupfu azarukuraho burundu kugeza iteka ryose+Kandi Umwami w’Ikirenga Yehova azahanagura amarira ku maso yose.+
Abantu be bose azabakuraho ikimwaro mu isi yose,Kuko Yehova ubwe ari we ubivuze.
9 Kuri uwo munsi abantu bazavuga bati:
“Dore iyi ni yo Mana yacu.+
Twarayiringiye+Kandi izadukiza.+
Uyu ni we Yehova,Twaramwiringiye.
Reka twishime tunezerwe kuko adukiza.”+
10 Ukuboko kwa Yehova kuzaba kuri uyu musozi+Kandi Mowabu izanyukanyukirwa aho iri+Nk’uko banyukanyuka ibyatsi bigahinduka ikirundo cy’ifumbire.
11 Azarambura amaboko ye akubite MowabuNk’uko umuntu woga mu mazi menshi akubita amaboko ye kugira ngo yoge;Azakubita amaboko ye akoresheje ubuhanga,Akureho ubwibone bwayo.+
12 Azasenya umujyi ukikijwe n’inkuta zikomeye n’inkuta zawo ndende zirinda umutekano,Azawutura hasiAwugeze hasi ku butaka, mu mukungugu.
Ibisobanuro ahagana hasi
^ Cyangwa “inama.”
^ Cyangwa “divayi yabitswe irimo itende ryayo.”
^ Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “azamira bunguri.”