Yesaya 31:1-9

  • Ubufasha nyakuri buva ku Mana, si ku bantu (1-9)

    • Amafarashi yo muri Egiputa afite umubiri w’inyama (3)

31  Bazabona ishyano abamanuka bajya muri Egiputa gushakirayo ubufasha,+Abishingikiriza ku mafarashi+Bakiringira amagare y’intambara kuko ari menshi,Bakiringira amafarashi akurura amagare y’intambara* kuko afite imbaraga,Ariko ntibarebe Uwera wa IsirayeliKandi ntibashake Yehova.   Erega na we afite ubwenge kandi azateza ibyago. Ibyo yavuze azabikora. Azarwanya abakora ibibiKandi arwanye n’abafasha abakora ibibi.+   Erega Abanyegiputa ni abantu basanzwe, si Imana. Amafarashi yabo na yo afite umubiri w’inyama, si umwuka.+ Yehova narambura ukuboko kwe,Ufasha abandi azasitaraKandi ufashwa na we azagwa. Bose bazarimbukira rimwe.   Yehova yarambwiye ati: “Nk’uko intare, ni ukuvuga intare ikiri nto ifite imbaraga,* yivugira ku cyo yafashe,Igihe abashumba bose bayitereye icyarimwe,Ntiterwe ubwoba n’amajwi yaboCyangwa ngo ihahamurwe n’urusaku rwabo,Ni ko Yehova nyiri ingabo na we azamanuka akarwaniriraUmusozi wa Siyoni n’agasozi kayo.   Nk’uko ibisiga birambura amababa hejuru y’ibyana byabyo, ni ko na Yehova nyiri ingabo azarwanirira Yerusalemu.+ Azayirwanirira kandi ayikize. Azayikiza kandi ayirokore.”  “Mwa Bisirayeli mwe,+ mugarukire Uwo mwigometseho bikabije.  Kuko icyo gihe buri wese azajugunya imana ze z’ifeza zidafite akamaro n’imana ze za zahabu zidafite akamaro, izo amaboko yanyu yakoze bikababera icyaha.   Abashuri bazicishwa inkota, ariko itari iy’umuntu. Inkota itari iy’umuntu ni yo izabica.+ Bazahunga bitewe n’inkotaKandi abasore babo bazakoreshwa imirimo y’agahato.   Igitare cyabo kizashiraho bitewe n’ubwoba bwinshiKandi abatware babo bazahahamuka bitewe n’ikimenyetso,” ni ko Yehova avuga,We ufite umucyo* muri Siyoni n’itanura rye rikaba muri Yerusalemu.

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “abagendera ku mafarashi.”
Cyangwa “intare ikiri nto ifite umugara.”
Cyangwa “umuriro.”