Yesaya 38:1-22

  • Hezekiya arwara hanyuma agakira (1-22)

    • Indirimbo yo gushimira (10-20)

38  Muri iyo minsi Hezekiya ararwara yenda gupfa.+ Nuko umuhanuzi Yesaya+ umuhungu wa Amotsi, aza kumureba aramubwira ati: “Yehova yavuze ati: ‘vuga uko ibyo mu rugo rwawe bizagenda kuko ugiye gupfa; ntuzakira.’”+  Hezekiya abyumvise aryama areba ku rukuta maze asenga Yehova ati:  “Ndakwinginze Yehova, rwose ndakwinginze ibuka+ ukuntu nakomeje kugukorera ndi indahemuka n’umutima wanjye wose,+ ngakora ibigushimisha.” Nuko Hezekiya ararira cyane.  Hanyuma Yehova abwira Yesaya ati:  “Subirayo ubwire Hezekiya uti:+ ‘Yehova Imana ya sogokuruza wawe Dawidi aravuze ati: “numvise isengesho+ ryawe, mbona n’amarira yawe.+ None nkongereye imyaka 15 yo kubaho+  kandi wowe n’abatuye muri uyu mujyi nzabakiza umwami wa Ashuri, ndwanirire n’uyu mujyi.+  Iki ni cyo kimenyetso Yehova aguhaye kigaragaza ko Yehova azakora ibyo yavuze:+  Ngiye gutuma igicucu cy’izuba cyari cyamanutse kuri esikariye* za Ahazi, gisubira inyuma ho esikariye 10.”’”+ Nuko igicucu cy’izuba gisubira inyuma ho esikariye 10 kuri esikariye cyari cyamanutseho.  Dore ibyo Hezekiya umwami w’u Buyuda yanditse* igihe yarwaraga, hanyuma agakira iyo ndwara: 10  Naravuze nti: “Dore ndacyari mutoAriko ngomba kwinjira mu marembo y’Imva.* Ngiye kwamburwa imyaka nari nsigaranye.” 11  Naravuze nti: “Sinzabona Yah,* sinzabona Yah mu gihugu cy’abazima.+ Igihe nzaba ndi kumwe n’abatuye aho ibintu byose biba byarangiye,Sinzongera kubona abantu. 12  Aho nari ntuye hakuweho hajyanwa kure yanjye+Kimwe n’ihema ry’abashumba. Nazingazinze ubuzima bwanjye nk’uko umudozi azinga umwenda amaze kudoda. Imana yankataguye nk’uko bakata indodo z’umwenda baboha. Kuva ku manywa kugera nijoro, uba ushaka kungeza ku iherezo ryanjye.+ 13  Naratuje ngeza mu gitondo. Ikomeza kumenagura amagufwa yanjye yose nk’intare. Kuva ku manywa kugera nijoro, uba ushaka kungeza ku iherezo ryanjye.+ 14  Nkomeza kujwigira nk’akanyoni gato,+Ngakomeza kuvuga nk’inuma.+ Nakomeje gutegereza ko imfasha ndarambirwa:+ ‘Yehova, dore ndi mu bibazo,Ngwino untabare.’*+ 15  None se mvuge iki? Yaramvugishije kandi yagize icyo ikora. Nzagenda nicishije bugufi* imyaka yanjye isigaye,Kuko mbabaye cyane.* 16  ‘Yehova, ibi bintu* ni byo bituma abantu bose bakomeza kubahoKandi ni byo bituma ngira umwuka w’ubuzima. Uzankiza kandi uzatuma nkomeza kubaho.+ 17  Dore, aho kubona amahoro nahuye n’ibibazo bikomeye;Ariko kubera urukundo rwinshi unkunda*Wandinze urupfu.*+ Ibyaha byanjye byose wabijugunye inyuma yawe.*+ 18  Imva* ntishobora kugusingiza,+Urupfu ntirushobora kugushima.+ Abapfuye ntibashobora kwiringira ibikorwa byawe by’ubudahemuka.+ 19  Umuntu muzima ashobora kugusingizaNk’uko nshobora kubigenza uyu munsi. Umugabo ashobora kwigisha abahungu be ubudahemuka bwawe.+ 20  Yehova, nkizaKandi tuzacuranga indirimbo zanjye dukoresheje ibikoresho by’umuziki bifite imirya,+Tuzicurangire mu nzu ya Yehova, igihe cyose tuzaba tukiriho.’”+ 21  Hanyuma Yesaya aravuga ati: “Nimuzane akagati gakoze mu mbuto zumye z’umutini maze mugashyire ku kibyimba kugira ngo akire.”+ 22  Hezekiya yari yabajije ati: “Ni ikihe kimenyetso kigaragaza ko nzajya mu nzu ya Yehova?”+

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “amadarajya; ingazi.” Birashoboka ko ari zo zabafashaga kumenya aho isaha igeze.
Cyangwa “igisigo yahimbye.”
Cyangwa “Shewoli.” Ni ukuvuga, aho abantu bapfuye baba bari. Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “Imva.”
Ni izina “Yehova” mu buryo buhinnye.
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “nyishingira.”
Cyangwa “niyoroheje.”
Cyangwa “kuko ubugingo bwanjye bushaririwe.”
Ni ukuvuga, amagambo y’Imana n’ibikorwa byayo.
Cyangwa “ntiwongeye kureba ibyaha byanjye.”
Cyangwa “urwobo rwo kurimbuka.”
Cyangwa “ukunda ubugingo bwanjye.”
Cyangwa “Shewoli.” Ni ukuvuga, aho abantu bapfuye baba bari. Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “Imva.”