Yesaya 48:1-22

  • Isirayeli icyahwa kandi ikezwa (1-11)

  • Yehova azarwanya Babuloni (12-16a)

  • Inyigisho z’Imana zifite akamaro (16b-19)

  • “Musohoke muri Babuloni!” (20-22)

48  Nimwumve ibi mwebwe abakomoka kuri Yakobo,Mwebwe mwitwa Isirayeli,+Mukaba mwarakomotse mu mazi ya* Yuda,Mwe murahira mu izina rya Yehova,+Mugasenga Imana ya Isirayeli,Nubwo mutavugisha ukuri kandi ngo mukore ibyiza.+   Biyitirira umujyi wera+Kandi bishingikiriza ku Mana ya Isirayeli+Yitwa Yehova nyiri ingabo.   “Hashize igihe kirekire cyane mbabwiye ibyabanje,*Byasohotse mu kanwa kanjyeKandi natumye bimenyekana.+ Nahise ngira icyo nkora kandi byarabaye.+   Ariko kubera ko nari nzi ko mwanga kumva,Ko ijosi ryanyu rikomeye nk’icyuma n’uruhanga rwanyu rukaba rukomeye nk’umuringa,+   Nabibabwiye kuva kera. Mbere y’uko biba, narabibabwiye murabyumva,Kugira ngo mutazavuga muti: ‘ikigirwamana cyacu ni cyo cyabikoze,N’igishushanyo cyacu gikoze mu cyuma ni cyo cyabitegetse.’   Mwarabyumvise kandi mwarabibonye byose. None se ntimuzabitangaza?+ Kuva ubu ndabamenyesha ibintu bishya,+Ibintu byagizwe ibanga mutigeze mumenya.   Ubu ni bwo bigiye kubaho, ntibyigeze bibaho mbere,Ni ibintu mutigeze mwumva mbere y’uyu munsi,Kugira ngo mutavuga muti: ‘twari dusanzwe tubizi.’   Oya, ntimwigeze mubyumva+ cyangwa ngo mubimenyeKandi kera amatwi yanyu ntiyumvaga. Kuko nzi neza ko muri abagambanyi babi+Kandi mwiswe abanyabyaha kuva mukivuka.+   Ariko kubera izina ryanjye, nzakomeza kwifata ndeke kurakara+Kandi kubera icyubahiro cyanjye nzifata mu byo mbakoreraKugira ngo ntabakuraho.+ 10  Dore narabatunganyije, ariko atari nk’uko batunganya ifeza,+Nabageragereje* mu itanura ry’imibabaro.+ 11  Ni ukuri kubera izina ryanjye nzagira icyo nkora.+ None se nakwemera nte ko izina ryanjye ryanduzwa?+ Nta wundi mpa icyubahiro cyanjye.* 12  Yakobo we, ntega amatwi, nawe Isirayeli uwo nahamagaye. Mpora ndi wa wundi.+ Ndi ubanza nkaba n’uheruka.+ 13  Amaboko yanjye ni yo yashyizeho fondasiyo z’isi,+N’ukuboko kwanjye kw’iburyo ni ko kwarambuye ijuru.+ Iyo mbihamagaye bihagurukira rimwe. 14  “Muteranire hamwe mwese maze mutege amatwi. Ni iyihe mana muri zo yigeze ivuga ibyo bintu? Yehova yaramukunze.+ Azagenza Babuloni uko ashaka+Kandi ukuboko kwe kuzarwanya Abakaludaya.+ 15  Njye ubwanjye narabivuze kandi ni njye wamuhamagaye.+ Naramuhamagaye kandi nzatuma ibyo akora bigenda neza.+ 16  Nimuze munyegere mwumve ibi. Uhereye mu ntangiriro nta kintu nigeze mvugira mu ibanga.+ Uhereye igihe byatangiriye kubaho, nari mpari.” None ubu Umwami w’Ikirenga Yehova yantumye, ndetse n’umwuka we.* 17  Yehova Umucunguzi wawe, Uwera wa Isirayeli aravuga ati:+ “Njyewe Yehova ndi Imana yaweNi njye ukwigisha ibikugirira akamaro,+Nkakunyuza mu nzira ukwiriye kunyuramo.+ 18  Iyaba gusa wumviraga amategeko yanjye.+ Icyo gihe amahoro yawe yamera nk’uruzi,+No gukiranuka kwawe kukamera nk’imiraba y’inyanja.+ 19  Urubyaro rwawe n’abagukomokaho baba benshiBakangana n’umucanga.+ Izina ryabo ntiryasibwa cyangwa ngo rikurweho.” 20  Musohoke muri Babuloni!+ Nimuhunge Abakaludaya. Mubivuge mufite ibyishimo byinshi, mubitangaze.+ Mutume bimenyekana kugera ku mpera z’isi.+ Muvuge muti: “Yehova yacunguye umugaragu we Yakobo.+ 21  Igihe yabanyuzaga mu butayu ntibagize inyota.+ Yabakuriye amazi mu rutare;Yasatuye urutare kandi atuma ruvamo amazi adudubiza.”+ 22  Yehova aravuga ati: “Nta mahoro y’ababi.”+

Ibisobanuro ahagana hasi

Bishobora no kuvugwa ngo: “Mwarakomotse kuri.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “ibya mbere.”
Cyangwa “nabasuzumiye.” Bishobora no kuvugwa ngo: “Nabatoranyirije.”
Cyangwa “nta muntu n’umwe mpa ku cyubahiro cyanjye.”
Cyangwa “hamwe n’umwuka we.”