Yesaya 49:1-26

  • Inshingano Yehova yahaye umugaragu we (1-12)

    • Umucyo w’amahanga (6)

  • Isirayeli ihumurizwa (13-26)

49  Mwa birwa mwe, nimuntege amatwi. Namwe mwa bihugu bya kure mwe, nimwumve.+ Yehova ubwe yampamagaye ntaravuka,*+Avuga izina ryanjye nkiri mu nda ya mama.   Akanwa kanjye yakagize nk’inkota ityaye,Yampishe mu gicucu cy’ukuboko kwe.+ Yampinduye nk’umwambi utyayeMaze ampisha mu cyo atwaramo imyambi.   Yarambwiye ati: “Isirayeli we, uri umugaragu wanjye+Kandi ni wowe nzakoresha kugira ngo nerekane ubwiza bwanjye.”+   Ariko ndavuga nti: “Naruhiye ubusa. Imbaraga zanjye nazimariye mu bintu bitariho, zipfa ubusa. Icyakora, Yehova ni we uncira urubanza,*Imana yanjye ni yo izampa ibihembo.”*+   Yehova we wambumbiye mu nda ya mama, akangira umugaragu we,Yavuze ko nzamugarurira Yakobo,Kugira ngo Isirayeli ihurire aho ari.+ Nzahabwa icyubahiro mu maso ya YehovaKandi Imana yanjye ni yo izaba imbaraga zanjye.   Yaranambwiye ati: “Uretse kuba uri umugaragu wanjyeUzazamura abo mu muryango wa YakoboKandi ugarure Abisirayeli barokotse. Uzaba n’umucyo w’abatuye isi yose,+Kugira ngo agakiza kanjye kagere ku mpera z’isi.”+  Yehova, Umucunguzi wa Isirayeli akaba n’Uwera we,+ yabwiye uwasuzuguwe bikabije,+ abwira uwanzwe n’ibihugu akaba n’umugaragu w’abatware, ati: “Abami bazareba maze bahaguruke,Abatware bazapfukamaKubera ko Yehova, Uwera wa Isirayeli wagutoranyije,+Ari uwizerwa.”+   Uku ni ko Yehova avuga ati: “Mu gihe cyo kwemererwamo naragusubije,+No ku munsi wo gukiza naragufashije.+ Nakomeje kukurinda kugira ngo ngutange ube isezerano ry’abantu,+Usane igihuguKandi utume abantu basubirana igihugu cyabo cyabaye amatongo,+   Ubwire imfungwa uti: ‘musohoke!’+ Ubwire n’abari mu mwijima+ uti: ‘nimwigaragaze!’ Bazarisha ku mihanda,Inzuri* zabo zizaba ku mihanda abantu banyuramo.* 10  Ntibazagira inzara cyangwa inyota+Kandi ubushyuhe bwotsa cyangwa izuba ntibizabageraho.+ Kuko ubagirira impuhwe azabayobora,+Akabajyana ku masoko y’amazi.+ 11  Imisozi yanjye yose nzayihindura umuhandaKandi imihanda yanjye minini nyizamure.+ 12  Dore aba baturutse kure cyane,+Bariya baturutse mu majyaruguru no mu burengerazuba,Naho bariya bandi baturutse mu gihugu cya Sinimu.”+ 13  Wa juru we, vuga cyane wishimye, nawe wa si we unezerwe.+ Imisozi ninezerwe, isakuze cyane kubera ibyishimo,+Kuko Yehova yahumurije abantu be+Kandi agirira impuhwe abantu be bababaye.+ 14  Ariko Siyoni yakomeje kuvuga iti: “Yehova yarantaye+ kandi Yehova yaranyibagiwe.”+ 15  Ese umugore yakwibagirwa umwana yonsa,Cyangwa ntagirire impuhwe umwana yibyariye? Nubwo umugore yamwibagirwa, njye sinshobora kukwibagirwa!+ 16  Dore nanditse izina ryawe mu biganza byanjye. Inkuta zawe zihora imbere yanjye. 17  Abana bawe bagarutse bihuta. Abagushenye bakakurimbura, bazava iwawe bagende. 18  Nimurebe, murebe impande zose. Bose bahuriye hamwe.+ Baje bagusanga. Yehova aravuga ati: “Ndarahiye,Uzabambara bose nk’uko umuntu yambara ibintu by’umurimboKandi uzabakenyera nk’uko umugeni akenyera. 19  Nubwo ahantu hawe habaye amatongo, hakaba hatagituwe kandi igihugu cyawe kikaba cyarashenywe,+Abaturage bawe hazababana hato+Kandi abakumiraga+ bazajya kure yawe.+ 20  Abana uzabyara nyuma yo gupfusha abo wahoranye bazakubwira bati: ‘Aha hantu hatubanye hato. Dushakire ahantu hanini ho gutura.’+ 21  Uzibwira mu mutima wawe uti: ‘Ni nde wambyariye aba bana? Ko napfushije abana kandi nkaba ntabyara,Nkaba narajyanywe mu kindi gihugu ku ngufu nkanafungirwayo? Aba ni nde wabareze?+ Dore nasigaye njyenyine.+ Ubu se aba baturutse he?’”+ 22  Umwami w’Ikirenga Yehova aravuga ati: “Dore nzazamura ukuboko kwanjye ngutunge ibihuguKandi nzashingira abantu ikimenyetso cyanjye.+ Bazazana abahungu bawe babatwaye mu maboko*Kandi abakobwa bawe bazabatwara ku rutugu.+ 23  Abami ni bo bazakwitaho+Kandi abamikazi ni bo bazakurera. Bazagupfukamira bakoze umutwe hasi,+Barigate umukungugu wo ku birenge byawe+Kandi uzamenya ko ndi Yehova;Abanyiringira ntibazakorwa n’isoni.”+ 24  Ese umugabo w’intwari yakwamburwa abo yamaze gufata,Cyangwa abo umutegetsi w’umunyagitugu yafashe bashobora kumucika? 25  Ariko Yehova aravuga ati: “Umugabo w’intwari azamburwa abo yafashe+Kandi abafashwe n’umunyagitugu bazamucika.+ Nzarwanya abakurwanya+Kandi nzakiza abana bawe. 26  Abakugirira nabi nzabarisha inyama z’imibiri yaboKandi bazasinda amaraso yabo nk’abasinda divayi iryohereye. Abantu bose* bazamenya ko njyewe Yehova,+Ndi Umukiza wawe+ nkaba n’Umucunguzi wawe,+Intwari ya Yakobo.”+

Ibisobanuro ahagana hasi

Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “ntarava mu nda ya mama.”
Cyangwa “Yehova azandenganura.”
Cyangwa “ingororano.”
Urwuri ni ahantu haba hari ubwatsi, bakaharagira amatungo maze akarisha.
Bishobora no kuvugwa ngo: “Ku dusozi turiho ubusa.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “mu gituza.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “abafite umubiri bose.”