Yesaya 54:1-17

  • Siyoni y’ingumba izabyara abana benshi (1-17)

    • Yehova, umugabo wa Siyoni (5)

    • Abana ba Siyoni bazigishwa na Yehova (13)

    • Intwaro zo kurwanya Siyoni nta cyo zizageraho (17)

54  Yehova aravuga ati: “Yewe mugore w’ingumba utarigeze ubyara we, vuga mu ijwi rinini wishimye!+ Yewe mugore utarigeze ubabazwa n’ibise we,+ nezerwa kandi uvuge cyane wishimye!+ Kuko abana* b’umugore watawe n’umugabo ari benshiKurusha abana b’umugore ufite umugabo.”*+   “Aho ihema ryawe ryubatse hagire hanini.+ Imyenda y’ihema ryawe ryiza yirambure. Imigozi y’ihema ryawe yikurure cyaneKandi ukomeze imambo* z’ihema ryawe.+   Kuko uzaguka ugana iburyo n’ibumoso. Abagukomokaho bazafata ibihugu,Bature mu mijyi yari yarashenywe.+   Ntutinye+ kuko utazakorwa n’isoni+Kandi ntugire ikimwaro kuko utazatenguhwa. Uzibagirwa igisebo wagize igihe wari inkumiKandi ntuzongera kwibuka ikimwaro wagize igihe wari warapfushije umugabo.”   “Umuremyi wawe Mukuru+ ni we mugabo wawe;*+Yehova nyiri ingabo ni ryo zina ryeKandi Uwera wa Isirayeli ni we Mucunguzi wawe.+ Azitwa Imana y’isi yose.+   Yehova yaguhamagaye umeze nk’umugore watawe n’umugabo ufite agahinda kenshi,+Umeze nk’umugore washatse akiri muto, nyuma umugabo akaza kumuta,” ni ko Imana yawe ivuga.   “Kuko namaze igihe gito naragutaye,Ariko nzakugirira imbabazi nkugarure.+   Narakurakariye cyane, mara akanya gato ntakwitaho,+Ariko nzakugirira imbabazi ngukunde urukundo rudahemuka kugeza iteka ryose,”+ ni ko Yehova Umucunguzi wawe+ avuga.   “Ibi bimbereye nk’ibyo mu gihe cya Nowa.+ Nk’uko narahiye ko amazi yo mu gihe cya Nowa atazongera kuzura isi,+Ni na ko narahiye ko ntazongera kukurakarira cyangwa ngo ngucyahe.+ 10  Kuko imisozi ishobora gukurwahoN’udusozi tukanyeganyega,Ariko njye sinzagukuraho urukundo rwanjye rudahemuka,+Cyangwa ngo isezerano ryanjye ry’amahoro rinyeganyege,”+ ni ko Yehova ukugirira imbabazi avuga.+ 11  “Wa mugore wababaye we,+ ugahuhwa n’umuyaga ukujyana hirya no hino kandi ukaba utagira uguhumuriza,+Ngiye gushyiraho amabuye yawe nyakomezeKandi ngushyirireho fondasiyo y’amabuye ya safiro.*+ 12  Inkuta zawe nzazubakisha amabuye y’agaciro,*Amarembo yawe nyubakishe amabuye abengerana*Kandi imipaka yawe yose nyubakishe amabuye y’agaciro. 13  Abana* bawe bose bazigishwa na Yehova+Kandi bazagira amahoro menshi.+ 14  Uzakomezwa no gukiranuka.+ Kugirirwa nabi bizaba kure yawe,+Nta kintu uzatinya kandi ngo kigutere ubwoba,Kuko kitazakwegera.+ 15  Nihagira ugutera,Si njye uzaba mutumye. Uzagutera wese azagwa ari wowe azize.”+ 16  “Dore ni njye waremye umunyabukorikori,We uhuha mu muriro w’amakaraKandi agakora intwaro ye. Ni njye waremye umurimbuzi kugira ngo arimbure.+ 17  Intwaro yose yacuriwe kukurwanya nta cyo izageraho+Kandi ururimi rwose ruzakuburanya, uzarutsinda. Uwo ni wo murage w’abagaragu ba YehovaKandi gukiranuka kwabo ni njye guturukaho,” ni ko Yehova avuga.+

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “shebuja.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “abahungu.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “ihema ry’Igihamya.”
Cyangwa “shobuja.”
Cyangwa “amabuye ya odemu.”
Cyangwa “amabuye y’umuriro.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “abahungu.”