Yesaya 55:1-13

  • Itumira ryo kurya no kunywa ku buntu (1-5)

  • Shaka Yehova n’ijambo rye ryiringirwa (6-13)

    • Inzira z’Imana ziruta cyane iz’abantu (8, 9)

    • Ibyo ijambo ry’Imana rivuga bizaba (10, 11)

55  Yemwe abafite inyota mwese,+ nimuze mufate amazi.+ Namwe abadafite amafaranga nimuze mugure murye. Rwose, nimuze mugure divayi n’amata+ mudatanze amafaranga cyangwa ikindi kintu.+   Kuki mukomeza gutanga amafaranga mugura ibintu bitari ibyokuryaKandi se kuki mutanga amafaranga muba mwabonye bibaruhije mugura ibintu bidahaza? Muntege amatwi mwitonze murebe ngo murarya ibyiza+Kandi mukishimira* cyane ibyiza kurusha ibindi.*+   Mutege amatwi kandi munsange.+ Nimwumve maze muzakomeze kubahoKandi nzagirana namwe isezerano rihoraho,+Rihuje n’urukundo rudahemuka nakunze Dawidi, isezerano ryo kwizerwa.+   Dore namugize umuhamya+ w’ibihugu,Mugira umuyobozi+ n’umutegetsi+ w’ibihugu.   Dore uzahamagara abantu utaziKandi abantu bo mu gihugu utigeze kumenya baziruka bagusanga,Kubera Yehova Imana yawe,+ Uwera wa Isirayeli,Kuko azagushyira hejuru.+   Mushake Yehova kumubona bigishoboka,+Mumuhamagare akiri hafi.+   Umuntu mubi nareke ibyo akora+N’ugira nabi ahindure ibitekerezo bye. Agarukire Yehova kuko azamugirira imbabazi,+Agarukire Imana yacu kuko izamubabarira rwose.+   Yehova aravuga ati: “Kuko ibyo mutekereza atari byo ntekereza+Kandi ibyo mukora bitandukanye n’ibyo nkora.   Nk’uko ijuru risumba isi,Ni ko n’ibikorwa byanjye bisumba ibyanyuKandi ibyo ntekereza bisumba ibyo mutekereza.+ 10  Nk’uko imvura n’urubura bimanuka bivuye mu ijuruNtibisubireyo bitaratosa ubutaka, ngo bimeze imyaka kandi yere,Umuhinzi akabona imbuto n’urya akabona ibyokurya, 11  Ni ko ijambo ryanjye riva mu kanwa kanjye rizamera.+ Ntirizangarukaho nta cyo rirakora,+Ahubwo rizakora ibyo nishimira+Kandi rikore ibyo naritumye. 12  Muzasohoka mwishimye+Kandi muzagarurwa mu mahoro.+ Imisozi n’udusozi bizanezererwa imbere yanyu, bisakuze byishimye+Kandi ibiti byo mu murima byose bizakoma amashyi.+ 13  Ahari ibihuru by’amahwa hazamera igiti cy’umuberoshi,+Naho ahari igisura hamere igiti cy’umuhadasi. Bizatuma izina rya Yehova rimenyekana,+Bibe ikimenyetso kitazigera kivaho.”

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “ubugingo bwanyu bukishimira.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “ibifite ibinure.”