Yesaya 57:1-21

  • Umukiranutsi yararimbutse, abantu b’indahemuka barapfuye (1, 2)

  • Ubusambanyi bwo mu buryo bw’umwuka bwa Isirayeli bwashyizwe ahagaragara (3-13)

  • Aboroheje bahumurizwa (14-21)

    • Ababi bameze nk’inyanja idashobora gutuza (20)

    • Nta mahoro y’ababi (21)

57  Umukiranutsi yararimbutse,Ariko nta wubizirikana mu mutima we. Abantu b’indahemuka barapfuye,+Ariko nta wamenye ko umukiranutsi atakiriho,Kuko yatwawe n’ibyago.   Agira amahoro. Abantu bose bagendera mu nzira yo gukiranuka, baruhukira mu mva* zabo.   “Naho mwe, mwa bana b’umugore w’umupfumu mwe,Mwa rubyaro rw’umusambanyi n’umugore w’indaya mwe,Nimwigire hafi.   Uwo museka ni nde? Ni nde mukomeza kwasamira mugasohora indimi mumuseka? Ese ntimuri abana b’abanyabyahaN’abana b’abanyabinyoma,+   Abantu bagirira irari mu biti binini,+Munsi y’igiti gitoshye cyose,+Bakicira abana mu bibaya,+Munsi y’imikoki yo mu bitare?   Umugabane wawe uri kumwe n’amabuye asennye yo mu kibaya.+ Ni byo koko ni wo mugabane wawe. Unayasukira ituro ry’ibyokunywa kandi ukayaha impano.+ Ese ibyo byanshimisha koko?   Washashe uburiri bwawe ku musozi muremure uri hejuru cyane+Kandi wajyagayo ukahatambira ibitambo.+   Washyize urwibutso rwawe inyuma y’urugi n’icyo rufasheho. Warantaye ukuramo imyenda wari wambaye. Warazamutse maze uburiri bwawe ubugira bunini. Wagiranye isezerano n’abakunzi bawe. Wakundaga kuryama ku buriri bumwe na bo+Kandi ukitegereza igitsina cy’umugabo.*   Waramanutse ujya kureba Meleki* ufite amavutaKandi ufite parufe nyinshi cyane. Wohereje intumwa zawe zigera kure,Ku buryo wamanutse ukagera mu Mva.* 10  Waruhiye mu nzira zawe nyinshi wanyuzemo,Ariko ntiwavuga uti: ‘ibi nta cyizere bitanga!’ Wabonye ibikongerera imbaraga,Ni yo mpamvu utarambiwe.* 11  None se ni nde waguteye ubwoba maze ugatinya,Bigatuma utangira kubeshya?+ Ntiwigeze unyibuka.+ Nta cyo wigeze uzirikana mu mutima wawe.+ Kubera ko nakomeje guceceka kandi sinite ku byo ukora,+Ni yo mpamvu utigeze untinya. 12  Njye nzagaragaza ‘gukiranuka’ kwawe+ n’ibikorwa byawe+Kandi nta cyo bizakumarira.+ 13  Nutabaza ushaka uwagufashaIbigirwamana byawe warundanyije ntibizagukiza,+Byose bizatwarwa n’umuyaga. Umwuka uzabitwara,Ariko umuntu umpungiraho azaragwa igihugu,Aragwe umusozi wanjye wera.+ 14  Umuntu azavuga ati: ‘nimuhubake, nimuhubake umuhanda! Muhashyire inzira!+ Muvane ikintu cyose mu nzira cyabangamira abantu banjye.’” 15  Uri hejuru kandi Usumbabyose,Uhoraho iteka ryose+ kandi izina rye rikaba ari iryera,+Aravuga ati: “Ntuye hejuru kandi hera,+Ariko nanone mbana n’abababaye* kandi bafite agahindaKugira ngo nsubize imbaraga aborohejeKandi nsubize imbaraga abafite imitima ibabaye.+ 16  Sinzabarwanya iteka ryoseKandi sinzahora mbarakariye,+Kuko umwuka w’umuntu ushobora kuba muke cyane bitewe nanjye,+Ibyo bikaba no ku byo naremye bihumeka. 17  Nababajwe n’uko abona* inyungu abanje guhemuka,+Maze ndamukubita, muhisha mu maso hanjye kandi ndakaye. Ariko yaransuzuguye+ akomeza kumvira ibyo umutima we umubwira. 18  Nabonye ibikorwa byeAriko nzamukiza+ maze muyobore.+ Kandi nzamuhumuriza, mpumurize+ n’abantu be bafite agahinda.”+ 19  Yehova aravuga ati: “Nzatuma iminwa ivuga amagambo yo gusingiza.* Uri hafi n’uri kure bazahabwa amahoro adashira+Kandi nzabakiza.” 20  “Ariko abantu babi bameze nk’inyanja irimo umuyaga mwinshi idashobora gutuza,Amazi yayo agakomeza kuzamura ibyatsi n’ibyondo.” 21  Imana yanjye iravuga iti: “Nta mahoro y’ababi.”+

Ibisobanuro ahagana hasi

Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “ku buriri bwabo.”
Bishobora kuba byerekaza ku gusenga ibigirwamana.
Bishobora no kuvugwa ngo: “Umwami.”
Cyangwa “Shewoli.” Ni ukuvuga, aho abantu bapfuye baba bari. Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “Imva.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “utacitse intege.”
Cyangwa “abihana.”
Uko bigaragara abavugwa aha ni “Abisirayeri.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “Ndarema imbuto z’iminwa.”