Yesaya 58:1-14

  • Kwigomwa kurya no kunywa mu buryo nyabwo no mu buryo butari bwo (1-12)

  • Ibyishimo byo kwizihiza Isabato (13, 14)

58  “Hamagara n’imbaraga zawe zose; komeza uhamagare! Zamura ijwi ryawe nk’iry’ihembe. Bwira abantu banjye ukuntu bigometse,+Ubwire abo mu muryango wa Yakobo ibyaha byabo.   Banshaka buri munsiKandi bakavuga ko bishimira kumenya ibikorwa byanjye,Nk’aho ari abantu bakora ibyo gukiranukaKandi batigeze bareka ubutabera bw’Imana yabo.+ Bansaba imanza zitabera,Nk’aho bishimira kwegera Imana:+   ‘Kuki twigomwa kurya no kunywa ntubibone+Kandi twakwibabaza ntubyiteho?’+ Ni ukubera ko iyo mwigomwe kurya no kunywa muba mwishakira inyungu* zanyuKandi mukagirira nabi abakozi banyu.+   Iyo mwigomwe kurya no kunywa birangira mutonganye, mukarwanaKandi mugakubitana ibipfunsi mufite ubugome. Ntimushobora kwigomwa kurya no kunywa nk’uko mubikora uyu munsi ngo ijwi ryanyu ryumvikane mu ijuru.   Ese mugira ngo umunsi wo kwigomwa kurya no kunywa nifuza ni umeze utya? Ese ni umunsi umuntu yibabaza,*Akubika umutwe nk’ubwatsi burebure,*Agasasa ibigunira akaryama mu ivu? Ibyo ni byo mwita kwigomwa kurya no kunywa n’umunsi wo gushimisha Yehova?   Oya, kwigomwa kurya no kunywa nemera ni uku: Ni ugukuraho iminyururu y’ubugome,Guhambura imigozi iziritse ku giti batwaraho imitwaro,*+Kurekura abababaye bakagenda+No gucamo kabiri igiti cyose batwaraho imitwaro.   Ni ugusangira ibyokurya byawe n’umuntu ushonje,+Ukazana umuntu ubabaye utagira aho aba ukamushyira mu nzu yawe,Wabona umuntu udafite imyenda yo kwambara ukayimuha+Kandi ntiwirengagize mwene wanyu?   Nubigenza utyo, umucyo wawe uzaba nk’urumuri rwa mu gitondo bwenda gucya+Kandi uzahita ukira. Gukiranuka kwawe kuzakugenda imbereKandi ikuzo rya Yehova rizakugenda inyuma rikurinze.+   Icyo gihe uzahamagara Yehova akwitabe;Uzatabaza akubwire ati: ‘Ndi hano!’ Nukura iwawe igiti batwaraho imitwaroKandi nureka gutunga abandi urutoki, ukirinda amagambo yo gusebanya,+ 10  Ukigomwa ibyo wifuza*+Ukabiha umuntu ushonje kandi ukagaburira abantu bababaye,*Icyo gihe umucyo wawe uzamurikira no mu mwijimaKandi umwijima wawe uzamera nko ku manywa.+ 11  Yehova azakuyobora igihe cyoseKandi atume uhaga* n’igihe uzaba uri mu gihugu cyumagaye.+ Azakomeza amagufwa yawe,Umere nk’ubusitani bwuhirwa neza,+Ube nk’isoko y’amazi idakama. 12  Bazakubakira ahari harashenywe+Kandi uzubaka fondasiyo zahozeho kera.+ Uzitwa umuntu usana inkuta zasenyutse*+N’usana imihanda yo guturaho. 13  Nureka kwishakira inyungu* zawe ku munsi wanjye wera+ w’IsabatoKandi ukita umunsi wera wa Yehova w’Isabato ibyishimo byawe, umunsi ukwiriye guhabwa icyubahiro+Ukawuha icyubahiro aho kwishakira inyungu zawe no kuvuga amagambo adafite akamaro, 14  Ni bwo uzishimira YehovaKandi nanjye nzakunyuza ahantu hasumba ahandi ku isi.+ Nzatuma urya ku murage* wa sogokuruza wawe Yakobo,+Kuko akanwa ka Yehova ari ko kabivuze.”

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “ibyishimo.”
Cyangwa “ababaza ubugingo bwe.”
Bishobora no kuvugwa ngo: “Ishami ry’umukindo n’urubingo.”
Cyangwa “umugogo.”
Cyangwa “ibyo ubugingo bwawe bwifuza.”
Cyangwa “ubugingo bubabaye.”
Cyangwa “ahaze ubugingo bwawe.”
Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “ibyuho.”
Cyangwa “kwishakira ibyishimo.”
Cyangwa “wishimira umurage.”