Yobu 35:1-16

  • Elihu agaragaza imitekerereze ya Yobu idakwiriye (1-16)

    • Yobu yavuze ko akiranuka kurusha Imana (2)

    • Imana iri hejuru cyane. Ibyaha umuntu yakora nta cyo byayitwara (5, 6)

    • Yobu yagombaga gutegereza Imana (14)

35  Elihu akomeza gusubiza ati:   “Ese uracyemeza udashidikanya ko uri mu kuri,Ku buryo wavuga uti: ‘Gukiranuka kwanjye kuruta ukw’Imana?’   Dore uravuga uti: ‘Bimaze iki?* Ubu se kuba naririnze icyaha hari icyo byamariye?’   Reka ngusubize,Wowe na bagenzi bawe muri kumwe.   Ubura amaso urebe mu kirere,Maze witegereze ibicu, urebe ukuntu biri hejuru cyane.   None se, uramutse ukoze icyaha waba uyitwaye iki? Ese uramutse ukoze ibyaha byinshi hari icyo yatakaza?   Niba se uri umukiranutsi hari icyo uyiha,Cyangwa se hari icyo wakora ngo uyifashe?   Ibikorwa byawe bibi bigira ingaruka ku muntu nkawe,Kandi iyo ubaye umukiranutsi bigira icyo bimarira abandi bantu.   Iyo abantu bakandamijwe cyane, baratabaza.Baba batabaza kugira ngo umuntu ubarusha imbaraga adakomeza kubakandamiza. 10  Nyamara nta n’umwe uvuga ati: ‘Imana, yo Muremyi wanjye Mukuru iri he,Yo ituma abantu baririmba indirimbo zo kuyisingiza nijoro?’ 11  Ni yo itwigisha maze tukaba abanyabwenge kurusha inyamaswa zo mu isi,Igatuma tugira ubwenge kurusha inyoni zo mu kirere. 12  Abantu bakomeza gutabaza ariko Imana ntibasubiza,Kuko bakora ibikorwa bibi kandi bakaba ari abibone. 13  Ni ukuri Imana ntiyumva abantu batabaza kandi nta cyo babaye,Kandi Ishoborabyose ntiyita ku byo bavuga. 14  None se wowe ubwo yakumva ite kandi uvuga ko utayibona? Urubanza rwawe ruri imbere yayo. Ubwo rero tegereza urebe uko izaruca. 15  Kubera ko itarakaye ngo iguhane,Nta nubwo yitaye ku magambo wavuze uhubutse. 16  Ibyo Yobu avuga ni imfabusa.Avuga amagambo menshi atarimo ubwenge.”

Ibisobanuro ahagana hasi

Bishobora no kuvugwa ngo: “Bimariye iki Imana?”