Yosuwa 11:1-23

  • Imijyi yo mu majyaruguru ifatwa (1-15)

  • Incamake y’intambara Yosuwa yatsinze (16-23)

11  Yabini umwami w’i Hasori akimara kubyumva, atuma kuri Yobabu umwami w’i Madoni,+ umwami w’i Shimuroni no ku mwami wa Akishafu,+  atuma ku bami bari mu majyaruguru mu karere k’imisozi miremire, abo mu bibaya* byo mu majyepfo ya Kinereti,* abo muri Shefela, n’abo mu karere k’imisozi migufi ya Dori,+ ahagana mu burengerazuba,  atuma no ku Banyakanani+ bo mu burasirazuba no mu burengerazuba, Abamori,+ Abaheti, Abaperizi, Abayebusi bo mu karere k’imisozi miremire, n’Abahivi+ bari batuye munsi y’umusozi wa Herumoni,+ mu gihugu cy’i Misipa.  Nuko baza bazanye n’abasirikare babo bose. Bari benshi cyane nk’umusenyi wo ku nkombe z’inyanja, bafite amafarashi menshi cyane n’amagare y’intambara menshi.  Abo bami bose bahurira aho bari basezeranye, bakambika ku migezi y’umujyi wa Meromu kugira ngo barwane n’Abisirayeli.  Yehova abwira Yosuwa ati: “Ntubatinye+ kuko ejo nk’iki gihe nzatuma mubica. Amafarashi yabo uzayateme ibitsi,+ utwike n’amagare yabo.”  Nuko Yosuwa n’abasirikare bose batera abo bami aho bari bashinze amahema yabo ku migezi yo hafi y’umujyi wa Meromu, babatunguye.  Yehova atuma Abisirayeli babatsinda.+ Barabakurikira babageza mu Mujyi Ukomeye wa Sidoni+ n’i Misirefoti-mayimu,+ babageza no mu Kibaya cya Misipe mu burasirazuba. Barabishe, ntihagira n’umwe urokoka.+  Hanyuma Yosuwa abakorera ibyo Yehova yari yamubwiye, amafarashi yabo ayatema ibitsi n’amagare yabo arayatwika.+ 10  Nanone Yosuwa arahindukira afata umujyi wa Hasori, yicisha n’umwami waho inkota,+ kuko uwo mujyi ari wo wahoze ukomeye kuruta ubwo bwami bwose. 11  Bicisha inkota abantu bose bari muri uwo mujyi wa Hasori barabarimbura,+ ntihagira n’umwe basiga.+ Barangije barahatwika. 12  Yosuwa afata imijyi yose y’abo bami kandi abo bami bose abicisha inkota.+ Yishe n’abaturage bari bahatuye bose,+ nk’uko Mose umugaragu wa Yehova yari yarabitegetse. 13  Ariko imijyi yari yubatse ahahoze* indi mijyi, Abisirayeli ntibayitwitse uretse Hasori. Uwo mujyi ni wo wonyine Yosuwa yatwitse. 14  Abisirayeli batwaye amatungo n’ibindi bintu byose basahuye muri iyo mijyi.+ Ariko abantu bose babicishije inkota barabamara.+ Nta n’umwe basize agihumeka.+ 15  Ibyo Yehova yategetse Mose umugaragu we, Mose na we akabitegeka Yosuwa,+ ni byo Yosuwa yakoze. Nta kintu na kimwe mu byo Yehova yari yarategetse Mose, Yosuwa atakoze.+ 16  Yosuwa yafashe icyo gihugu cyose, ni ukuvuga akarere k’imisozi miremire, Negebu yose,+ i Gosheni hose, Shefela,+ Araba,+ n’akarere k’imisozi miremire ya Isirayeli n’ibibaya byayo, 17  kuva ku Musozi wa Halaki ukazamuka ukagera i Seyiri, n’i Bayali-gadi+ mu Kibaya cya Libani, kiri munsi y’Umusozi wa Herumoni.+ Yafashe abami baho bose arabica. 18  Yosuwa yamaze igihe kirekire arwana n’abo bami bose. 19  Nta mujyi n’umwe wagiranye isezerano ry’amahoro n’Abisirayeli, uretse Abahivi batuye i Gibeyoni.+ Indi mijyi yose babanzaga kurwana kugira ngo bayifate.+ 20  Yehova ni we waretse abaturage baho barinangira+ kugira ngo barwane n’Abisirayeli, maze abone uko abarimbura, kuko bitari bikwiriye ko abagirira imbabazi.+ Bose bagombaga kwicwa nk’uko Yehova yari yarabitegetse Mose.+ 21  Icyo gihe, Yosuwa yarimbuye abantu bakomoka kuri Anaki,+ bo mu karere k’imisozi miremire, ab’i Heburoni, ab’i Debiri, abo muri Anabu, abo mu karere kose k’imisozi miremire y’u Buyuda n’abo mu karere kose k’imisozi miremire ya Isirayeli. Yosuwa yabarimburanye n’imijyi yabo.+ 22  Nta muntu n’umwe mu bakomokaga kuri Anaki wasigaye mu gihugu cy’Abisirayeli, uretse+ i Gaza,+ i Gati+ no muri Ashidodi.+ 23  Uko ni ko Yosuwa yafashe igihugu cyose nk’uko Yehova yari yarabisezeranyije Mose,+ maze Yosuwa akigabanya Abisirayeli akurikije imiryango yabo.+ Nuko igihugu kigira amahoro.+

Ibisobanuro ahagana hasi

Cyangwa “Araba.”
Uko ni ko Inyanja ya Galilaya yitwaga kera.
Cyangwa “ku birundo by’amatongo.”