Yosuwa 20:1-9

  • Imijyi y’ubuhungiro (1-9)

20  Nuko Yehova abwira Yosuwa ati:  “Bwira Abisirayeli uti: ‘mutoranye ya mijyi yo guhungiramo+ nababwiye nkoresheje Mose,  maze umuntu wishe undi atabishaka, ajye ayihungiramo kugira ngo ushaka guhorera uwishwe atamwica.+  Uwishe umuntu ajye ahungira muri umwe muri iyo mijyi,+ nagera ku marembo yawo+ abanze asobanurire abakuru b’uwo mujyi uko byagenze. Bazamwakire muri uwo mujyi bamwereke aho aba, abane na bo.  Ushaka guhorera uwishwe namwirukaho, abakuru b’uwo mujyi ntibazamumuhe kuko azaba yishe mugenzi we atabishakaga kandi akaba atari asanzwe amwanga.+  Agomba kuguma muri uwo mujyi kugeza igihe azajya kuburanira imbere y’abaturage+ kandi azahagume kugeza igihe umutambyi mukuru+ uzaba uriho muri icyo gihe azapfira. Icyo gihe ni bwo azaba ashobora gusubira mu mujyi yaje aturutsemo, agasubira no mu rugo rwe.’”+  Nuko batoranya Kedeshi+ y’i Galilaya mu karere k’imisozi miremire ya Nafutali, Shekemu+ yo mu karere k’imisozi miremire ya Efurayimu na Kiriyati-aruba,+ ni ukuvuga Heburoni yo mu karere k’imisozi miremire ya Yuda.  Mu karere ka Yorodani, ni ukuvuga mu burasirazuba bwa Yeriko, mu karere kahawe umuryango wa Rubeni mu bibaya byo mu butayu, batoranyije umujyi wa Beseli,+ mu karere kahawe umuryango wa Gadi batoranya umujyi wa Ramoti+ y’i Gileyadi, naho mu karere kahawe umuryango wa Manase,+ batoranya umujyi wa Golani+ y’i Bashani.  Iyo ni yo mijyi Umwisirayeli wese cyangwa umunyamahanga wabaga mu Bisirayeli wicaga umuntu atabishaka, yashoboraga guhungiramo+ kugira ngo ushaka guhorera uwishwe atamwica mbere y’uko ajya kuburanira imbere y’abaturage.+

Ibisobanuro ahagana hasi