Zekariya 13:1-9

  • Ibigirwamana bizakurwaho n’abahanuzi b’ibinyoma bavanweho (1-6)

    • Abahanuzi b’ibinyoma bazakorwa n’isoni (4-6)

  • Umwungeri azakubitwa (7-9)

    • Abagize kimwe cya gatatu bazatunganywa (9)

13  “Uwo munsi, abakomoka kuri Dawidi n’abaturage b’i Yerusalemu, bazacukurirwa iriba ry’amazi kugira ngo ayo mazi abezeho ibyaha n’ibindi bintu byose byanduye.+  “Kuri uwo munsi,” ni ko Yehova nyiri ingabo avuze, “nzakura ibigirwamana byose mu gihugu+ ku buryo nta muntu uzongera kubyibuka. Nzakura mu gihugu abahanuzi+ bahanura ibinyoma kandi nta muntu uzongera kwifuza gukora ibibi.  Nihagira umuntu wongera guhanura ibinyoma, papa we na mama we bamwibyariye bazamubwira bati: ‘ugomba gupfa kuko wahanuye ibinyoma mu izina rya Yehova.’ Papa we na mama we bamwibyariye bazamwica bitewe n’uko yahanuye.+  “Kuri uwo munsi abahanuzi bose bazakorwa n’isoni bitewe n’ibyo beretswe, mu gihe bazaba bahanura. Ntibazambara umwenda w’abahanuzi w’ubwoya+ kugira ngo bariganye.  Buri wese muri bo azavuga ati: ‘sindi umuhanuzi. Ndi umuhinzi kuko umuntu yanguze nkiri muto akangira umugaragu we.’  Nihagira umuntu umubaza ati: ‘ibikomere biri ku mubiri* wawe wabitewe n’iki?’ Azamusubiza ati: ‘nakomeretse ndi mu nzu y’incuti zanjye.’”*   Yehova nyiri ingabo aravuze ati: “Yewe wa nkota we, rwanya umwungeri wanjye,+Urwanye umuntu w’incuti yanjye. Kubita umwungeri+ intama zo mu mukumbi zitatane.+ Nzibasira cyane aboroheje.”   Yehova aravuze ati: “Mu gihugu hose,Bibiri bya gatatu by’abakirimo bazapfa bashire,Naho kimwe cya gatatu cyabo bagume mu gihugu.   Abo bagize kimwe cya gatatu nzabatunganya nkoresheje umuriro,Nk’uko batunganya ifeza,Mbagenzure nk’ugenzura zahabu.+ Bazansenga bakoresheje izina ryanjye,Kandi nanjye nzabasubiza. Nzababwira nti: ‘Muri abantu banjye,’+ Na bo bavuge bati: ‘Yehova ni we Mana yacu.’”

Ibisobanuro ahagana hasi

Mu rurimi iki gitabo cyanditswemo ni “hagati y’amaboko yawe.” Ni ukuvuga, ku gituza cyangwa ku mugongo.
Cyangwa “mu nzu y’abankunda.”