Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

IKIBAZO CYA 6

Ni iki Bibiliya yahanuye ku birebana na Mesiya?

UBUHANUZI

“Nawe Betelehemu Efurata, . . . muri wowe hazava umuyobozi uzakora ibyo nshaka muri Isirayeli.”

Mika 5:2

UKO BWASOHOYE

“Yesu amaze kuvukira i Betelehemu ho muri Yudaya, icyo gihe Herode akaba yari umwami, abantu baragura bakoresheje inyenyeri baturutse iburasirazuba baza i Yerusalemu.”

Matayo 2:1

UBUHANUZI

“Bigabanya imyenda yanjye, bagakoresha ubufindo kugira ngo bagabane imyambaro yanjye.”

Zaburi 22:18

UKO BWASOHOYE

“Abasirikare bamaze kumanika Yesu ku giti, bafata imyenda ye bayigabanyamo kane . . . Ariko iyo kanzu ntiyari ifite uruteranyirizo, kuko yari iboshye kuva hejuru kugeza hasi. Nuko baravugana bati: ‘Ntituyice! Ahubwo dukoreshe ubufindo kugira ngo tumenye uri buyitware.’”

Yohana 19:23, 24

UBUHANUZI

“Arinda amagufwa ye yose. Nta na rimwe ryavunitse.”

Zaburi 34:20

UKO BWASOHOYE

“Ariko bageze kuri Yesu, basanga yamaze gupfa, ntibamuvuna amaguru.”

Yohana 19:33

UBUHANUZI

“Yatewe icumu kubera ibyaha byacu.”

Yesaya 53:5

UKO BWASOHOYE

“Umwe mu basirikare amutera icumu mu rubavu, ako kanya havamo amaraso n’amazi.”

Yohana 19:34

UBUHANUZI

“Bampa ibihembo byanjye bingana n’ibiceri by’ifeza 30.”

Zekariya 11:12, 13

UKO BWASOHOYE

“Hanyuma umwe muri za ntumwa 12 witwaga Yuda Isikariyota ajya kureba abakuru b’abatambyi, maze arababwira ati: ‘muzampa iki kugira ngo mbereke uko mwamufata?’ Bamusezeranya kumuha ibiceri by’ifeza 30.”

Matayo 26:14, 15; 27:5