Igitabo nyamwaka cy’Abahamya ba Yehova 2016

Soma raporo y’ibyo Abahamya ba Yehova bakoze mu mwaka wa 2015 n’amateka yabo muri Indoneziya.

Isomo ry’umwaka wa 2016

Mu Baheburayo 13:1 harimo inama n’itegeko.

Ibaruwa y’Inteko Nyobozi

Ubu butumwa buteye inkunga bugaragaza ukuntu urubuga rwa jw.org, televiziyo ya JW, kubwiriza mu ruhame, n’amakoraniro y’iminsi itatu yo mu wa 2015 byagaragaye ko ari imigisha.

“Dukunda cyane televiziyo ya JW!”

Gutangiza iyo televiziyo ikorera kuri interineti byasabye iki?

Kwihutisha imirimo yo kubaka Amazu y’Ubwami

Hari ibyahindutse kugira ngo kubaka amazu abarirwa mu bihumbi akenewe byihute.

Umushinga wa Warwick ugeze he?

Menya muri make aho umushinga wo kubaka icyicaro gikuru cy’Abahamya ba Yehova ugeze.

Bagera ku bantu badakunze kuboneka

Ni iki cyatumye Terry yemera ko ibyo Abahamya ba Yehova bamubwiye byari igisubizo cy’isengesho rye?

Umucyo ukomeza kwiyongera

Muri iki gice, urabona uko Yehova akomeje gutuma umucyo umurika mu nzira y’abamusenga by’ukuri.

Kwegurira Yehova ibiro by’amashami

Abahamya ba Yehova bo muri Madagasikari na Indoneziya bagize umugisha udasanzwe mu mwaka wa 2015.

Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’isi nshya mu ndimi nyinshi

Yasohotse mu ndimi cumi n’esheshatu mu mwaka w’umurimo wa 2015.

Raporo z’ibyerekeye amategeko

Urugamba rwo guhashya ivangura rishingiye ku idini rurakomeje hirya no hino ku isi.

Amakuru ashishikaje yo hirya no hino ku isi

Impano zari mu gasanduku ka Ken zakoreshejwe mu kubaka Inzu y’Ubwami.

Afurika

Ni ubuhe buryo bushya Abahamya bakoresha babwiriza ubutumwa bwiza?

Amerika

Kuki hari umugore wigiraga Bibiliya mu gasozi yigira kuri buji? Kuki uwahoze atoteza abavandimwe yarize?

Aziya no mu Burasirazuba bwo Hagati

Nta cyakoma imbere ababwiriza b’Ubwami, naho byaba ubumuga cyangwa gufungwa.

U Burayi

Umugabo w’Umutsigane, imfungwa n’umugore wateganyaga kwiyahura, bashishikajwe n’ubutumwa bw’ukuri.

Oseyaniya

Ameza y’ibitabo, kubwiriza hakoreshejwe utugare, urubuga rwa jw.org na videwo, byatumye imbuto z’ukuri zibibwa mu bantu babarirwa mu bihumbi!

Icyo twavuga kuri Indoneziya

Menya muri make imiterere y’igihugu kigizwe n’ibirwa byinshi kurusha ibindi ku isi, abaturage n’imigenzo yaho.

Ubucuruzi bw’ibirungo

Mu kinyejana cya 16, ubukungu bw’isi bwari bushingiye ku bucuruzi bw’ibirungo.

Aha ni ho nshaka gutangirira!

Abapayiniya bake bo muri Ositaraliya barangwa n’ishya baneshje inzitizi igihe batangizaga umurimo wo kubwiriza.

Uburyo bwakoreshwaga mu murimo wo kubwiriza

Ibiganiro byanyuraga kuri radiyo no kubwiriza ku byambu, byarakaje cyane abanzi b’ukuri muri Indoneziya.

Idini rya Bibelkring

Iryo dini ryatangiye rikoresha ibitabo by’Abahamya ba Yehova, ariko riza kuyobywa n’imitekerereze y’abantu.

Yahaga agaciro iby’Imana

Abigaragambyaga basahuye urugo rwa Thio Seng Bie, ariko basize ikintu cy’agaciro karenze ibyo basahuye.

Intara ya Java y’i Burengerazuba yera imbuto

Uko ibitabo by’Abahamya ba Yehova byagendaga bibuzanywa, ni ko bashakishaga ubundi buryo bwo gukora umurimo wo kubwiriza.

Bakoronizwa n’Abayapani

Mu Ntambara ya Kabiri y’Isi Yose, hari Abahamya banditswe n’Abayapani badatandukiriye ukutabogama kwabo.

Umupayiniya utaragiraga ubwoba

Mu myaka 60 André Elias yamaze mu murimo, yakomeje kuba indahemuka nubwo yahaswe ibibazo kandi agashyirwaho iterabwoba.

Haza abamisiyonari bize mu Ishuri rya Gileyadi

Abamisiyonari ba mbere bagize uruhare mu kwihutisha umurimo wo kubwiriza.

Umurimo waguka ukagera mu Burasirazuba

Ese hari icyo abayobozi b’amadini bari kugeraho?

Haza abandi bamisiyonari

Mu myaka ya 1970, kubwiriza ubutumwa bwiza byarushijeho kugorana.

Umukobwa nyakuri wa Sara

Titi Koetin yagandukiraga umugabo we kandi yabonye ingororano.

Ikoraniro ritazibagirana

Ikoraniro ryo mu wa 1963 ryavugaga ngo “Ubutumwa bwiza bw’iteka” ryarabaye nubwo hari inzitizi nyinshi.

Narokotse imyivumbagatanyo y’Abakomunisiti

Bari baracukuye imva ya Ronald Jacka.

Namaze imyaka 50 ndi umupayiniya wa bwite

Mu mwaka wa 1964, umupasiteri wo muri Papouasie y’i Burengerazuba yaravuze ati ‘ngiye kwirukana Abahamya ba Yehova muri Manokwari!’ Ese yabigezeho?

Uwahoze ari umukuru w’abagizi ba nabi yabaye umuturage wubahwa

Umuyobozi w’ibiro by’ubutasi yarabajije ati “mu by’ukuri, Abahamya ba Yehova bakora iki muri Indoneziya?”

Biyemeje gukomeza kujya mbere

Ni iki cyatumye bamwe bavuga bati “Abahamya ba Yehova bameze nk’imisumari”?

Ntibirengagije guteranira hamwe

Igihe itegeko ribuzanya umurimo w’Abahamya ba Yehova ryakurwagaho, hari umutegetsi wababwiye ati “ubu buzima gatozi muhawe si bwo bubaha uburenganzira bwo kuyoboka Imana.”

Abakristo bagaragaza urukundo mu gihe cy’ibiza

Abahamya ba Yehova bahise batabara igihe umutingito wasenyaga umugi wa Gunungsitoli muri Indoneziya.

Ntituzigera tunamuka ku kwizera kwacu

Daniel Lokollo yibuka ukuntu abarinzi ba gereza bamutoteje.

Kumvira byaraturokoye!

Ubushyamirane hagati y’Abisilamu n’Abakristo muri Indoneziya bwatumye Abahamya ba Yehova bahura n’ibibazo.

Umurimo ufata indi ntera

Itegeko ribuzanya umurimo rikuweho, abavandimwe bungukiwe na gahunda eshatu z’ingenzi.

Baterwa ishema no gutangaza izina rya Yehova

Abahamya banesheje bate ikibazo gishingiye ku muco wabo cyatumaga batagira ubushizi bw’amanga?

Ibiro by’ishami mu kirere

Ababwiriza baza gukorera ahakenewe ubufasha bashaka ahandi bazajya kubwiriza barahabonye.

Yehova yadukoreye ibirenze ibyo twari twiteze!

Itorero ryo mu mudugudu wa Tugala Oyo muri Indoneziya, ryahawe umugisha udasanzwe.

Twongeye kubana!

Bashiki bacu babiri batumva bo muri Indoneziya batandukanyijwe bakiri bato igihe umwe yajyaga kurerwa n’abandi babyeyi ariko ukuri kwarabahuje.

1916—Hashize imyaka ijana

Hari ikintu cyabaye mu wa 1916 cyagize ingaruka zikomeye ku Bigishwa ba Bibiliya.

Igiteranyo cyose 2015

Ni ibiki twakoze mu murimo wo kubwiriza ubutumwa bwiza bw’Ubwami bw’Imana?

Kwizihiza Urwibutso, kuwa gatanu tariki ya 3 Mata 2015

Gahunda y’ibyumweru bine yo gutanga impapuro z’itumira yageze ku bintu bihebuje.