Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

IKIBAZO CYA 5

Ni ubuhe butumwa bukubiye muri Bibiliya?

Ni ubuhe butumwa bukubiye muri Bibiliya?

“Nzashyira urwango hagati yawe n’umugore no hagati y’urubyaro rwawe n’urubyaro rwe. Ruzakumena umutwe, nawe uzarukomeretsa agatsinsino.”

Intangiriro 3:15

“Amahanga yose yo mu isi azihesha umugisha binyuze ku rubyaro rwawe kubera ko wanyumviye.”

Intangiriro 22:18

“Ubwami bwawe nibuze. Ibyo ushaka bikorwe mu isi nk’uko bikorwa mu ijuru”

Matayo 6:10

“Vuba aha, Imana itanga amahoro igiye kumenagurira Satani munsi y’ibirenge byanyu.”

Abaroma 16:20

“Ibintu byose nibimara kumugandukira, icyo gihe Umwana ubwe na we azagandukira Uwamweguriye ibintu byose, kugira ngo Imana ibe byose kuri bose.”

1 Abakorinto 15:28

“Noneho rero, ibyasezeranyijwe byabwiwe Aburahamu n’urubyaro rwe . . . , ari rwo Kristo. Niba muri aba Kristo, muri urubyaro nyakuri rwa Aburahamu.”

Abagalatiya 3:16, 29

“Ubwami bw’isi bubaye ubwami bw’Umwami wacu n’ubwa Kristo we, kandi azaba umwami iteka ryose.”

Ibyahishuwe 11:15

“Icyo kiyoka kinini kijugunywa hasi, ni cyo ya nzoka ya kera yitwa Satani Usebanya, ari na cyo kiyobya isi yose ituwe. Nuko kijugunywa ku isi, abamarayika bacyo na bo bajugunyanwa na cyo.”

Ibyahishuwe 12:9

“Afata cya kiyoka, ari cyo ya nzoka ya kera yitwa Satani Usebanya, arakiboha kugira ngo kimare imyaka igihumbi kiboshye.”

Ibyahishuwe 20:2