Igitabo cy’amateka ya Bibiliya

Ishimire gusoma inkuru 116 zo muri Bibiliya. Ni iz’ukuri, zirumvikana kandi zirimo amafoto meza.

Iriburiro

Inkuru z’ukuri zo mu gitabo k’ingenzi cyane ari cyo Bibiliya, zituma umenya amateka y’isi uhereye ku irema.

INKURU YA 1

Imana itangira kurema ibintu

Inkuru z’irema zivugwa mu Itangiriro zirumvikana kandi zishishikaza n’abana bato.

INKURU YA 2

Ubusitani bwiza cyane

Inkuru yo mu Itangiriro ivuga ko Imana yatunganyije ubusatani bwa Edeni ibugira ahantu hihariye. Imana ishaka ko isi yose imera nk’ubwo busitani bwiza cyane.

INKURU YA 3

Umugabo n’umugore ba mbere

Imana yaremye Adamu na Eva ibatuza mu busitani bwa Edeni. Ni bo bantu ba mbere bashyingiranywe.

INKURU YA 4

Impamvu yatumye batakaza ubuturo bwabo

Igitabo k’Itangiriro kitubwira uko paradizo yatakaye.

INKURU YA 5

Imibereho igoranye itangira

Adamu na Eva bamaze kwirukanwa mu busitani bwa Edeni, bahuye n’ibibazo byinshi. Iyo baza kumvira Imana, bo n’abana babo bari kugira ibyishimo.

INKURU YA 6

Umwana mubi n’umwana mwiza

Inkuru ya Kayini na Abeli ivugwa mu Itangiriro, itwigisha abo twagombye kuba bo n’imyifatire tugomba guhindura amazi atararenga inkombe.

INKURU YA 7

Umugabo w’intwari

Urugero rwa Henoki rugaragaza ko ushobora gukora ibyiza nubwo abagukikije bose baba bakora ibibi.

INKURU YA 8

Abantu banini cyane ku isi

Mu Itangiriro igice cya 6 havuga iby’abantu banini cyane bagiriraga abandi nabi. Bitwaga Abanefili, kandi bari abana b’abamarayika babi bari baravuye mu ijuru baza kuba ku isi nk’abantu.

INKURU YA 9

Nowa yubaka inkuge

Nowa n’umuryango we barokotse Umwuzure bitewe n’uko bumviye Imana nubwo abandi bangaga kumva.

INKURU YA 10

Umwuzure w’isi yose

Abantu basekaga Nowa iyo yababuriraga. Ariko igihe umwuzure wabaga, ntibakomeje kumuseka. Menya uko Nowa yarokokeye mu nkuge, we n’umuryango we n’inyamaswa nyinshi.

INKURU YA 11

Umukororombya wa mbere

Mu gihe ubonye umukororombya, wagombye kukwibutsa iki?

INKURU YA 12

Abantu bubaka umunara muremure

Imana yararakaye, itanga igihano kikigira ingaruka ku bantu muri iki gihe.

INKURU YA 13

Aburahamu, incuti y’Imana

Kuki Aburahamu yavuye mu rugo rwe, akajya kuba mu mahema ubuzima bwe bwose?

INKURU YA 14

Imana igerageza ukwizera kwa Aburahamu

Kuki Imana yasabye Aburahamu gutamba umwana we Isaka?

INKURU YA 15

Umugore wa Loti areba inyuma

Ibyo yakoze bitwigisha isomo ry’ingenzi.

INKURU YA 16

Isaka abona umugore mwiza

Ni iki cyatumye Rebeka aba umugore mwiza cyane? Ese ni uko yari afite uburanga cyangwa hari ikindi cyabiteye?

INKURU YA 17

Abana b’impanga bari batandukanye

Isaka yakundaga Esawu cyane, ariko Rebeka agakunda Yakobo.

INKURU YA 18

Yakobo ajya i Harani

Yakobo yabanje gushakana na Leya nubwo Rasheli ari we yakundaga.

INKURU YA 19

Yakobo yari afite umuryango munini

Ese imiryango 12 ya Isirayeli yitiriwe abahungu 12 ba Yakobo?

INKURU YA 20

Dina agerwaho n’akaga

Yahuye n’akaga azira inshuti mbi.

INKURU YA 21

Yozefu yangwa na bene se

Ni iki gishobora kuba cyaratumye bamwe muri bo bashaka kwica umuvandimwe wabo?

INKURU YA 22

Yozefu mu nzu y’imbohe

Ntiyafunzwe azira ko yarenze ku itegeko, ahubwo yazize ko yakoze ibikwiriye.

INKURU YA 23

Inzozi za Farawo

Inka ndwi n’amahundo arindwi byari bifite icyo bihuriyeho.

INKURU YA 24

Yozefu agerageza bene se

Twabwirwa n’iki ko batari bakimeze nka mbere bamugurisha ngo age kuba umucakara?

INKURU YA 25

Umuryango wa Yakobo wimukira mu Misiri

Ni iki cyatumye abari bagize umuryango wa Yakobo bitwa Abisirayeli aho kwitwa Abayakobo?

INKURU YA 26

Yobu ni indahemuka ku Mana

Yobu yatakaje ibye byose n’abana be kandi ararwara. Ese Imana yarimo imuhana?

INKURU YA 27

Umwami mubi ategeka Misiri

Ni iki cyatumye ategeka abantu be kwica abana b’abahungu b’Abisirayeli bose?

INKURU YA 28

Uko Mose yarokowe

Nyina wa Mose yashatse uko yamukiza kuko itegeko ryavugaga ko abana b’abahungu bose b’Abisirayeli bagombaga kwicwa.

INKURU YA 29

Mose ahunga

Igihe Mose yari afite imyaka 40 yumvaga ko yari yiteguye gukiza Abisirayeli, ariko si ko byari bimeze.

INKURU YA 30

Igihuru kigurumana

Yehova yakoresheje ibitangaza binyuranye kugira ngo yumvishe Mose ko igihe cyari kigeze ngo avane Abisirayeli mu Misiri.

INKURU YA 31

Mose na Aroni kwa Farawo

Kuki Farawo yanze kumvira Mose ngo areke Abisirayeli bagende?

INKURU YA 32

Ibyago 10

Imana yateje Misiri ibyago 10, bitewe n’uko Farawo umwami waho yinangiye akanga kureka Abisirayeli ngo bagende.

INKURU YA 33

Bambuka Inyanja Itukura

Mose yagabanyijemo kabiri Inyanja Itukura abishobojwe n’imbaraga z’Imana, maze Abisirayeli bambuka ku butaka bwumutse.

INKURU YA 34

Ibyokurya by’ubundi bwoko

Ibi byokurya bidasanzwe byatanzwe n’Imana byaje biturutse mu ijuru.

INKURU YA 35

Yehova atanga amategeko ye

Ni ayahe mategeko abiri akomeye kuruta Amategeko Cumi?

INKURU YA 36

Inyana ya zahabu

Ni iki cyateye abantu gusenga igishushanyo cyacuzwe mu maherena?

INKURU YA 37

Ihema ry’urusengero

Icyumba cy’imbere cyane cyarimo isanduku y’isezerano.

INKURU YA 38

Abatasi 12

Abatasi cumi bavugaga bimwe, abandi babiri bakavuga ibinyuranye na byo. Abisirayeli bemeye ibyavugwaga na nde?

INKURU YA 39

Inkoni ya Aroni irabya

Byagenze bite ngo inkoni yumye irabye kandi imereho imbuto mu ijoro rimwe?

INKURU YA 40

Mose akubita urutare

Mose yashoboye kuvana amazi mu rutare, ariko yababaje Yehova.

INKURU YA 41

Inzoka y’umuringa

Ni iki cyatumye Imana iteza Abisirayeli inzoka z’ubumara?

INKURU YA 42

Indogobe ivuga

Indogobe yabonye ikintu Balamu atashoboraga kubona.

INKURU YA 43

Yosuwa aba umuyobozi

Ese ko Mose yari agikomeye, kuki yasimbuwe na Yosuwa?

INKURU YA 44

Rahabu ahisha abatasi

Rahabu yafashije ate abagabo babiri, kandi se yabasabye iki?

INKURU YA 45

Bambuka Uruzi rwa Yorodani

Igihe abatambyi bakandagiraga mu mazi, hahise haba igitangaza.

INKURU YA 46

Inkike za Yeriko

Ni gute umugozi watumye urukuta rudahanuka?

INKURU YA 47

Umujura muri Isirayeli

Ese umuntu mubi umwe ashobora guteza ibibazo ishyanga ryose?

INKURU YA 48

Abagibeyoni b’abanyabwenge

Bashutse Yosuwa n’Abisirayeli bagirana na bo amasezerano, ariko Abisirayeli ntibigeze bayarengaho.

INKURU YA 49

Izuba rihagarara

Yehova yakoreye Yosuwa ikintu atari yarigeze akora, atigeze yongera no gukora nyuma yaho.

INKURU YA 50

Abagore babiri b’intwari

Ese ko Baraki ari we wayoboye ingabo za Isirayeli ku rugamba, kuki Yayeli ari we wahawe icyubahiro?

INKURU YA 51

Rusi na Nawomi

Rusi yavuye iwabo ajya kubana na Nawomi no gukorera Yehova.

INKURU YA 52

Gideyoni n’abantu be 300

Imana yatoranyije ingabo nke ikoresheje ikizamini kidasanzwe cyo kunywa amazi.

INKURU YA 53

Isezerano rya Yefuta

Ibyo yasezeranyije Yehova si we wenyine byagizeho ingaruka ahubwo byazigize no ku mukobwa we.

INKURU YA 54

Umugabo urusha abandi bose imbaraga

Delila yamenye ate aho Samusoni yakuraga imbaraga?

INKURU YA 55

Akana k’agahungu gakorera Imana

Imana yakoresheje Samweli wari ukiri muto kugira ngo igeze ubutumwa bwayo bukomeye ku Mutambyi Mukuru Eli.

INKURU YA 56

Sawuli, umwami wa mbere wa Isirayeli

Dushobora kwigira isomo rikomeye kuri Sawuli, kuko Imana yamutoranyije nyuma ikaza kumwanga.

INKURU YA 57

Imana itoranya Dawidi

Ni iki Imana yabonye kuri Dawidi umuhanuzi Samweli we atabonaga?

INKURU YA 58

Dawidi na Goliyati

Dawidi yagiye kurwana na Goliyati, adafite umuhumetso gusua ahubwo afite n’indi ntwaro ikomeye kurushaho.

INKURU YA 59

Dawidi ahunga

Sawuli yabanje gukunda Dawidi, ariko nyuma yaho amugirira ishyari ashaka kumwica. Byatewe n’iki?

INKURU YA 60

Abigayili na Dawidi

Abigayili yavuze ko umugabo we ari ikigoryi, ariko byaramukijije mu rugero runaka.

INKURU YA 61

Dawidi aba umwami

Dawidi yagaragaje ko yari akwiriye kuba umwami, binyuze ku byo yakoraga n’ibyo yirindaga gukora.

INKURU YA 62

Ingorane mu nzu ya Dawidi

Dawidi yakoze ikosa rimwe gusa yiteza ingorane aziteza n’umuryango we.

INKURU YA 63

Salomo, umwami w’umunyabwenge

Ese koko yari gucamo umwana kabiri?

INKURU YA 64

Salomo yubaka urusengero

Nubwo Salomo yari umunyabwenge cyane, yarashutswe akora ibintu bidakwiriye by’ubupfapfa.

INKURU YA 65

Ubwami bwigabanyamo kabiri

Yerobowamu akima ingoma yayobeje rubanda bica itegeko ry’Imana.

INKURU YA 66

Yezebeli, umwamikazi w’umugome

Yabaga yiteguye gukora ibishoboka byose ngo agere ku cyo yifuza.

INKURU YA 67

Yehoshafati yiringira Yehova

Kuki ingabo zagiye ku rugamba zirangajwe imbere n’abaririmbyi badafite intwaro?

INKURU YA 68

Abana babiri b’abahungu bazuka

Ese umuntu wapfuye ashobora kuzuka? Byigeze kubaho!

INKURU YA 69

Akana k’agakobwa gafasha umuntu ukomeye

Yagize ubutwari bwo kuvuga, kandi byatumye habaho igitangaza.

INKURU YA 70

Yona n’igifi kinini

Yona yize isomo rikomeye rihereranye no kumvira ugakora ibyo Yehova ashaka.

INKURU YA 71

Imana isezeranya paradizo

Paradizo ya mbere yari nto; iyi yo izaba iri ku isi hose.

INKURU YA 72

Imana itabara Hezekiya

Umumarayika yishe ingabo z’Abashuri 185.000 mu ijoro rimwe gusa.

INKURU YA 73

Umwami mwiza wa nyuma wa Isirayeli

Igihe Yosiya yari akiri ingimbi, yakoze igikorwa cy’ubutwari cyane.

INKURU YA 74

Umugabo udatinya

Yeremiya yatekerezaga ko yari akiri muto cyane ku buryo ataba umuhanuzi, ariko Imana yari izi ko yabishobora.

INKURU YA 75

Abasore bane i Babuloni

Bitwaye neza nubwo bari kure y’imiryango yabo.

INKURU YA 76

Yerusalemu isenywa

Kuki Imana yemeye ko Abanyababuloni bari abanzi ba Isirayeli barimbura Yerusalemu?

INKURU YA 77

Banze kunamira igishushanyo

Ese Imana yari gukiza aba basore batatu bayumviraga bamaze kujugunywa mu muriro?

INKURU YA 78

Inyandiko ku rukuta

Umuhanuzi Daniyeli asobanura amagambo ane y’amayobera.

INKURU YA 79

Daniyeli mu rwobo rw’intare

Daniyeli yakatiwe igihano cy’urupfu. Ese hari icyo yari gukora ngo atagihabwa?

INKURU YA 80

Ubwoko bw’Imana buva i Babuloni

Umwami Kuro w’u Buperesi yashohoje ubuhanuzi bumwe igihe yigaruriraga Babuloni, none ubu ashohoje ubundi.

INKURU YA 81

Biringira ubufasha bw’Imana

Abisirayeli barenze ku mategeko y’abantu kugira ngo bumvire Imana. Ese Imana yari kubaha umugisha?

INKURU YA 82

Moridekayi na Esiteri

Umwamikazi Vashiti yari mwiza cyane, ariko Umwami Ahasuwerusi yamushimbuje Esiteri. Kubera iki?

INKURU YA 83

Inkike za Yerusalemu

Igihe abakozi bongeraga kubaka inkike, babaga bitwaje inkota n’amacumu ku manywa na nijoro.

INKURU YA 84

Marayika asura Mariya

Yazanye ubutumwa buturutsa ku Mana: Mariya yari agiye kubyara umwana wari kuzaba umwami iteka.

INKURU YA 85

Yesu avukira mu kiraro cy’inka

Kuki uwari kuzaba umwami yavukiye mu kiraro cy’amatungo?

INKURU YA 86

Abagabo bayobowe n’inyenyeri

Ni nde wajyanye abamaji aho Yesu yari ari? Igisubizo gishobora kugutungura.

INKURU YA 87

Umwana Yesu mu rusengero

Yakoze ikintu cyatangaje abakuru bigishaga mu rusengero.

INKURU YA 88

Yohana abatiza Yesu

Yohana yabatizaga abanyabyaha. Ariko Yesu we ntiyigeze akora icyaha. Kuki Yohana yamubatije?

INKURU YA 89

Yesu yeza urusengero

Yesu yagaragaje urukundo rukomeye rwamuteye kurakara.

INKURU YA 90

Yesu n’umugore ku iriba

Ni mu buhe buryo amazi Yesu atanga yari gutuma uyu mugore atongera kugira inyota ukundi?

INKURU YA 91

Yesu yigishiriza ku musozi

Menya inama zirangwa n’ubwenge ziri mu Kibwiriza cye cyo ku Musozi.

INKURU YA 92

Yesu azura abapfuye

Yesu abifashijwemo n’imbaraga z’Imana, yavuze amagambo abiri gusa yoroheje, azura umukobwa wa Yayiro.

INKURU YA 93

Yesu agaburira abantu benshi

Ni ikihe kintu cy’ingenzi Yesu yagaragaje ubwo yakoraga igitangaza cyo kugaburira abantu babarirwa mu bihumbi?

INKURU YA 94

Yesu akunda abana bato

Yesu yigishije intumwa ko zagombaga kumenya byinshi ku byerekeye abana, ariko nanone hari icyo zagombaga kubigiraho.

INKURU YA 95

Uko Yesu yigishaga

Umugani wa Yesu uvuga iby’Umusamariya mwiza ni urugero rugaragaza uko yigishaga.

INKURU YA 96

Yesu akiza abarwayi

Ibitangaza byose Yesu yakoze byagize akahe kamaro?

INKURU YA 97

Yesu aza nk’Umwami

Imbaga y’abantu benshi yaramwakiriye, ariko abantu bose si ko bari bamwishimiye.

INKURU YA 98

Ku musozi wa Elayono

Yesu yabwiye intumwa ze enye ibintu biba muri iki gihe.

INKURU YA 99

Mu cyumba cyo hejuru

Kuki Yesu yasabye abigishwa be kujya bagira iryo funguro ridasanzwe buri mwaka?

INKURU YA 100

Yesu mu busitani

Ni iki cyatumye Yuda agambanira Yesu amusoma?

INKURU YA 101

Yesu yicwa

Igihe Yesu yari amanitse ku giti, yasezeranyije umuntu ko bazabana muri paradizo.

INKURU YA 102

Yesu ni muzima

Umumarayika amaze kuvana ibuye ku mva ya Yesu, abasirikare bari bayirinze batangajwe cyane n’ibyo babonyemo.

INKURU YA 103

Mu cyumba gikinze

Ni iki cyatumye abigishwa ba Yesu bamuyoberwa amaze kuzuka?

INKURU YA 104

Yesu asubira mu ijuru

Mbere y’uko Yesu asubira mu ijuru, yahaye abigishwa be itegeko rya nyuma.

INKURU YA 105

Bategerereza i Yerusalemu

Kuki Yesu yasutse umwuka wera ku bigishwa kuri Pentekote?

INKURU YA 106

Bavanwa muri gereza

Abakuru b’idini ry’Abayahudi bafungishije intumwa, ariko Imana yari ifite undi mugambi.

INKURU YA 107

Sitefano aterwa amabuye

Igihe Sitefano yicwaga, yasenze isengesho rikora ku mutima.

INKURU YA 108

Mu nzira ijya i Damasiko

Urumuri ruhuma amaso n’ijwi riturutse mu ijuru byahinduye ubuzima bwa Sawuli.

INKURU YA 109

Petero ajya kwa Koruneliyo

Ese hari abantu Imana ibona ko ari beza kuruta abandi bitewe n’ubwoko bwabo cyangwa igihugu bakomokamo?

INKURU YA 110

Timoteyo, umufasha mushya wa Pawulo

Timoteyo yavuye iwabo akorana na Pawulo urugendo rushishikaje bagiye kubwiriza.

INKURU YA 111

Umusore asinzira

Utuko yarasinziriye Pawulo ari kubaganiriza ku ncuro ya mbere, ariko ku ncuro ya kabiri ntiyasinziriye. Ibyabaye hagati y’ibyo biganiro byombi byari igitangaza rwose.

INKURU YA 112

Ubwato bumenekera ku kirwa

Igihe bari bihebye cyane, Pawulo yabonye ubutumwa bwari buturutse ku Mana bwamugaruriye icyizere.

INKURU YA 113

Pawulo i Roma

Pawulo yari gusohoza ate inshingano ye yo kuba intumwa kandi afunzwe?

INKURU YA 114

Iherezo ry’ibibi byose

Kuki Imana yohereje ingabo zayo ziyobowe na Yesu kurwana intambara ya Harimagedoni?

INKURU YA 115

Paradizo nshya ku isi

Kera abantu babaga muri paradizo ku isi, kandi izongera ibeho.

INKURU YA 116

Uko dushobora kuzabaho iteka

Ese kumenya ibyerekeye Yehova na Yesu birahagije? Niba bidahagije se, ni iki kindi tugomba kumenya?

Ibibazo byo gukoresha mu kwiga Igitabo cy’amateka ya Bibiliya

Imirongo y’Ibyanditswe n’ibibazo bigenewe gufasha abakiri bato gusobanukirwa buri nkuru yo muri Bibiliya.