Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

Irangiro ry’amafoto

Irangiro ry’amafoto

Hakurikijwe Ipaji abonekaho

  • Ku bifubiko: Pawulo, Tabita, Galiyo, Luka, umukozi w’urusengero n’intumwa, Umusadukayo, Pawulo ajyanwa i Kayisariya arinzwe, kubwiriza muri iki gihe hakoreshejwe imodoka iriho indangururamajwi na fonogarafe.

  • Ipaji ya 1 Pawulo afungishijwe iminyururu, ari kumwe na Luka bari mu bwato butwara imizigo bagiye i Roma.

  • Amapaji 2, 3 Abavandimwe J. E. Barr na T. Jaracz bo mu Nteko Nyobozi imbere y’ikarita y’isi.

  • Ipaji ya 11 Yesu aha inshingano intumwa 11 zizerwa n’abandi bigishwa ku musozi w’i Galilaya.

  • Ipaji ya 14 Yesu azamuka mu ijuru intumwa ze zimutumbiriye.

  • Ipaji ya 20 Kuri Pentekote, abigishwa batangira kuganiriza abashyitsi mu ndimi zabo kavukire.

  • Ipaji ya 36 Intumwa zihagaze imbere ya Kayafa wari warakaye. Abakozi b’urusengero bari biteguye kubafata babitegetswe n’Urukiko rw’Ikirenga rwa Kiyahudi.

  • Ipaji ya 44 Hasi: nyuma y’Intambara ya Kabiri y’Isi Yose, urukiko rwo mu Budage bw’Iburasirazuba rwakatiye Abahamya rubabeshyera ko ari intasi z’Abanyamerika.—Neue Berliner Illustrierte, October 3, 1950.

  • Ipaji ya 46 Sitefano ashinjwa imbere y’Urukiko rw’Ikirenga rwa Kiyahudi. Abasadukayo b’abakire bari ahagana inyuma, Abafarisayo bakabyaga kwizirika ku migenzo bari imbere.

  • Ipaji ya 54 Petero arambika ibiganza ku mwigishwa mushya; Simoni ni uwo ufite uruhago rw’amafaranga.

  • Ipaji ya 75 Petero na bagenzi be binjira kwa Koruneliyo. Koruneliyo yambaye igishura yazingiye ku rutugu kigaragaza ko ari umutware utwara umutwe w’ingabo.

  • Ipaji ya 83 Petero ayobowe n’umumarayika; ashobora kuba yari afungiwe mu Munara wa Antoniya.

  • Ipaji ya 84 Hasi: agatsiko k’abanyarugomo hafi y’i Montreal muri Quebec, mu mwaka wa 1945.—Weekend Magazine, July 1956.

  • Ipaji ya 91 Pawulo na Barinaba birukanwa muri Antiyokiya ya Pisidiya. Ahagana inyuma hari umuyoboro wazanaga amazi mu mugi ushobora kuba warubatswe mu ntangiriro z’ikinyejana cya mbere.

  • Ipaji ya 94 Pawulo na Barinaba banga gusengwa i Lusitira. Ubusanzwe ibitambo byajyaniranaga n’ibirori, urusaku n’umuzika.

  • Ipaji ya 100 Hejuru: Silasi na Yuda batera inkunga itorero ryo muri Antiyokiya ya Siriya (Ibyak 15:30-32). Hasi: umugenzuzi usura amatorero atanga disikuru mu itorero ryo mu Bugande.

  • Ipaji ya 107 Itorero ry’i Yerusalemu ryateraniraga mu rugo rw’umuntu.

  • Ipaji ya 124 Pawulo na Timoteyo bari mu bwato bw’abacuruzi b’Abaroma. Hakurya hari inzu iyobora amato.

  • Ipaji ya 139 Pawulo na Silasi mu rugo rukinze bahunga agatsiko k’abantu bari barakaye.

  • Ipaji ya 155 Galiyo yirukana abaregaga Pawulo. Yambaye imyenda ikwiranye n’umwanya we: umwitero w’umweru urimo ibara ry’isine n’inkweto zitwa calcei.

  • Ipaji ya 158 Demetiriyo avugana n’abacuzi b’ifeza muri Efeso. Udushushanyo tw’urusengero rwa Arutemi twaragurishwaga, tukaba urwibutso.

  • Ipaji ya 171 Pawulo na bagenzi be burira ubwato. Urwibutso rw’icyambu kinini rwubatswe mu kinyejana cya mbere rugaragara ahagana inyuma.

  • Ipaji ya 180 Hasi: mu myaka ya za 40, muri Kanada ibitabo byaraciwe. Umuhamya ukiri muto atwaye ibitabo by’imfashanyigisho za Bibiliya rwihishwa. (Ni ibyakinwe.)

  • Ipaji ya 182 Pawulo yumviye ibyo abasaza bamusabye. Luka na Timoteyo bicaye ahagana inyuma, bamufasha gutanga impano.

  • Ipaji ya 190 Mwishywa wa Pawulo avugana na Kalawudiyo Lusiya mu Munara wa Antoniya, aho Pawulo ashobora kuba yari afungiye. Urusengero rwa Herode rugaragazwa ahagana inyuma.

  • Ipaji ya 206 Pawulo asenga asabira abagenzi bari baguye agacuho, bari mu bwato butwara imizigo.

  • Ipaji ya 222 Pawulo wari ufunzwe arimo arareba igice cy’umugi wa Roma, aboheshejwe umunyururu ufashe ku musirikare w’Umuroma wamurindaga.