Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

Ese wifuza cyane kubona amasezerano y’Ubwami asohora?

UMUTWE WA 7

Ubwami busezeranya kuzahindura ibintu byose bishya

Ubwami busezeranya kuzahindura ibintu byose bishya

USOROMYE urubuto rwa pome runini kandi ruhiye neza. Wumvise ukuntu ruhumura neza, hanyuma urushyira hamwe n’izindi mu gitebo. Umaze amasaha menshi ukora, ariko urumva ugifite imbaraga kandi witeguye gukomeza gukora. Mama wawe na we arimo arasarura ikindi giti yishimye aganira n’abandi bagize umuryango n’incuti zaje kubafasha gusarura. Aracyafite itoto ryo mu buto bwe, arasa nk’uko wamubonaga kera ukiri umwana, ubu hakaba hashize imyaka myinshi. Gutekereza ko wigeze kumubona asaza muri ya si ya kera imaze imyaka myinshi ivuyeho birakugora. Wabonye ukuntu yari yaranegekajwe n’indwara, kandi wari umufashe ukuboko igihe yashiragamo umwuka, ndetse waririye ku mva ye. Ariko ubu muri kumwe, hamwe n’abandi benshi, bongeye kuba bazima kandi bafite amagara mazima!

Tuzi ko ibihe nk’ibyo bizabaho. Turabizi, kubera ko buri gihe amasezerano y’Imana asohora. Muri uyu mutwe, turi busuzume ukuntu amwe mu masezerano y’Ubwami azasohora mu gihe kitarambiranye kizatugeza ku ntambara ya Harimagedoni. Nanone tuzasuzuma amasezerano y’Ubwami ashishikaje azasohora nyuma yaho. Mbega ukuntu tuzishima cyane igihe tuzabona Ubwami bw’Imana butegeka isi yose, bugahindura ibintu byose bishya!

IBIRIMO

IGICE CYA 21

Uko Ubwami bw’Imana buzarimbura abanzi babwo

Ubu ushobora kwitegura intambara ya Harimagedoni.

IGICE CYA 22

Ubwami bukora ibyo Imana ishaka ku isi

Wakwemezwa n’iki ko amasezerano ya Yehova azasohozwa?