Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

IGICE CYA 111

Intumwa zisaba ikimenyetso

Intumwa zisaba ikimenyetso

MATAYO 24:3-51 MARIKO 13:3-37 LUKA 21:7-38

  • ABIGISHWA BANE BASABA IKIMENYETSO

  • CYASOHOYE MU KINYEJANA CYA MBERE NA NYUMA YAHO

  • TUGOMBA GUKOMEZA KUBA MASO

Hari kuwa kabiri nyuma ya saa sita ku itariki ya 11 Nisani. Iminsi Yesu yakozemo umurimo wagutse hano ku isi yari irimo irangira. Ku manywa yigishirizaga mu rusengero, bwakwira akajya gucumbika inyuma y’umugi. Abantu bari bashishikajwe cyane n’inyigisho ze, ku buryo “bazindukaga kare bakamusanga mu rusengero kugira ngo bamutege amatwi” (Luka 21:37, 38). Ibyo byose byari byarangiye, kandi Yesu yari yicaye ku musozi w’Imyelayo ari kumwe n’intumwa enye, ari zo Petero, Andereya, Yakobo na Yohana.

Abo uko ari bane bari baje kumureba biherereye. Bari bahangayikishijwe n’urusengero, kubera ko Yesu yari amaze guhanura ko nta buye rizasigara rigeretse ku rindi. Icyakora, hari n’ibindi batekerezaga. Mbere yaho, Yesu yari yarababwiye ati “muhore mwiteguye, kuko Umwana w’umuntu azaza mu gihe mudatekereza ko ashobora kuza” (Luka 12:40). Nanone yari yaravuze uko bizagenda “ku munsi Umwana w’umuntu azahishurwa” (Luka 17:30). Ese ibyo byari bifitanye isano n’ibyo yari amaze kuvuga bizaba ku rusengero? Izo ntumwa zari zifite amatsiko. Zaramubwiye ziti “tubwire, ibyo bizaba ryari, kandi ni ikihe kimenyetso kizagaragaza ukuhaba kwawe n’iminsi y’imperuka?”​—Matayo 24:3.

Bashobora kuba baratekerezaga iherezo ry’urusengero barebaga hakurya yabo. Nanone bamubajije ibyerekeye kuhaba k’Umwana w’umuntu. Bashobora kuba baribukaga ko Yesu yaciye umugani w’ “umuntu wavukiye mu muryango ukomeye wagiye mu gihugu cya kure kwimikirwayo hanyuma akagaruka” (Luka 19:11, 12). Nanone bashobora kuba baribazaga uko “iminsi y’imperuka” yari kuba imeze.

Mu gisubizo kirambuye Yesu yabahaye, yatanze ikimenyetso cyari kugaragaza igihe gahunda y’Abayahudi, hakubiyemo n’urusengero rwabo, yari kurangirira. Ariko icyo kimenyetso cyasobanuraga ibirenze ibyo. Cyari kuzafasha Abakristo kumenya igihe bari kuba bari mu gihe cyo “kuhaba” kwe, n’igihe imperuka y’iyi si yari kuba yegereje.

Uko imyaka yagendaga ihita, intumwa ziboneraga ukuntu ubuhanuzi bwa Yesu bwasohoraga. Koko rero, ibintu byinshi Yesu yahanuye byatangiye kubaho mu gihe cyabo. Ku bw’ibyo, Abakristo bakomeje kuba maso bari bakiriho nyuma y’imyaka 37, ni ukuvuga mu mwaka wa 70, ntibatunguwe n’irimbuka rya gahunda y’Abayahudi n’urusengero rwabo. Icyakora, ibintu Yesu yahanuye si ko byose byasohoye mu myaka ishyira uwa 70. Ariko se ni iki cyari kugaragaza ko ahari afite ububasha bwa cyami? Yesu yabihishuriye izo ntumwa.

Yesu yahanuye ko hari kuzabaho “intambara n’inkuru zivuga iby’intambara” kandi ko ‘igihugu kizahagurukira ikindi n’ubwami bugahagurukira ubundi’ (Matayo 24:6, 7). Nanone yavuze ko hari kubaho ‘imitingito ikomeye, kandi hirya no hino hakabaho ibyorezo by’indwara n’inzara’ (Luka 21:11). Yesu yaburiye abigishwa be agira ati “abantu bazabafata babatoteze” (Luka 21:12). Abahanuzi b’ibinyoma bari kwaduka bakayobya benshi. Ibikorwa byo kwica amategeko byari kwiyongera n’urukundo rwa benshi rugakonja. Nanone yaravuze ati “ubu butumwa bwiza bw’ubwami buzabwirizwa mu isi yose ituwe, kugira ngo bubere amahanga yose ubuhamya; hanyuma imperuka ibone kuza.”​—Matayo 24:14.

Nubwo ubuhanuzi bwa Yesu bwasohoye mu rugero runaka mbere y’uko Abaroma barimbura Yerusalemu no mu gihe bayirimburaga, ese Yesu yaba yaranavugaga isohozwa ryari kuzabaho nyuma yaho kandi rikomeye kurushaho? Ese ubona ibimenyetso bigaragaza ko ubwo buhanuzi bukomeye bwa Yesu bugira isohozwa ry’ingenzi muri iki gihe?

Kimwe mu bintu Yesu yavuze byari kugaragaza ukuhaba kwe, ni ukuboneka kw’ “igiteye ishozi kirimbura” (Matayo 24:15). Mu mwaka wa 66, icyo giteye ishozi cyabonetse igihe “ingabo zikambitse” z’Abaroma zazanaga ibimenyetso byazo zakoreshaga mu gusenga ibigirwamana. Abaroma bagose Yerusalemu kandi bacukura zimwe mu nkuta zari zigose uwo mugi (Luka 21:20). Muri ubwo buryo, “igiteye ishozi” cyari gihagaze aho kitagombaga guhagarara, gihagaze aho Abayahudi babonaga ko ari “ahera.”

Nanone Yesu yahanuye ko “hazabaho umubabaro ukomeye utarigeze kubaho uhereye ku kuremwa kw’isi kugeza ubu, kandi ntuzongera kubaho ukundi.” Mu mwaka wa 70, Abaroma barimbuye Yerusalemu. Igihe uwo “murwa wera” w’Abayahudi warimburanwaga n’urusengero rwawo, habaye umubabaro ukomeye, hapfa abantu babarirwa mu bihumbi byinshi (Matayo 4:5; 24:21). Iryo ryari irimbuka rikomeye kuruta iryageze ku mugi uwo ari wo wose w’Abayahudi, kandi ryashyize iherezo kuri gahunda yo kuyoboka Imana Abayahudi bari bamaze ibinyejana byinshi bakurikiza. Mu buryo nk’ubwo, isohozwa rikomeye kurushaho ry’amagambo y’ubuhanuzi ya Yesu rizabaho nyuma, rizaba riteye ubwoba rwose.

KURANGWA N’ICYIZERE MU MINSI YAHANUWE

Yesu yari atararangiza kuganira n’intumwa ze ku byerekeye ikimenyetso cy’ukuhaba kwe afite ububasha bwa cyami n’icy’imperuka y’iyi si. Noneho yababuriye ko bagombaga kwirinda kuziruka inyuma ya “ba Kristo b’ibinyoma n’abahanuzi b’ibinyoma.” Yavuze ko bazagerageza ‘kuyobya abantu, ndetse nibibashobokera bayobye n’abatoranyijwe’ (Matayo 24:24). Ariko abo batoranyijwe ntibazayobywa. Ba Kristo b’ibinyoma bashobora kuboneka mu buryo bugaragara gusa. Icyakora ukuhaba kwa Yesu ko ntikuzagaragarira amaso.

Igihe Yesu yavugaga iby’umubabaro ukomeye uzabaho ku iherezo ry’iyi si, yaravuze ati “izuba rizahita ryijima, n’ukwezi ntikuzamurika, n’inyenyeri zizahanuka zivuye mu ijuru, kandi imbaraga zo mu ijuru zizanyeganyega” (Matayo 24:29). Intumwa zumvaga ayo magambo ateye ubwoba ntizamenye igihe nyacyo ibyo byari kuzabera. Icyakora bizaba ari ibintu bihambaye rwose.

Ibyo bintu biteye ubwoba bizagira izihe ngaruka ku bantu? Yesu yaravuze ati “abantu bazagwa igihumura bitewe n’ubwoba no gutekereza ibintu bigiye kuba mu isi ituwe, kuko imbaraga zo mu ijuru zizanyeganyezwa” (Luka 21:26). Koko rero, Yesu yari arimo asobanura igihe cy’umwijima w’icuraburindi kizaba mu mateka y’abantu.

Icyakora duterwa inkunga n’uko Yesu yagaragaje neza ko atari ko abantu bose bazaboroga igihe ‘Umwana w’umuntu azaza afite ububasha n’icyubahiro cyinshi’ (Matayo 24:30). Yari yamaze kuvuga ko Imana izagira icyo ikora “ku bw’abatoranyijwe” (Matayo 24:22). None se abo bigishwa bizerwa bari kwitwara bate igihe ibyo bintu biteye ubwoba Yesu yavugaga byari kuba birimo biba? Yesu yateye abigishwa be inkunga ati “ibyo nibitangira kubaho, muzahagarare mwemye kandi mwubure imitwe yanyu, kuko gucungurwa kwanyu kuzaba kwegereje.”​—Luka 21:28.

None se abigishwa ba Yesu bariho muri iki gihe cyahanuwe, bari kubwirwa n’iki ko imperuka yegereje? Yesu yatanze urugero rw’igiti cy’umutini, agira ati “iyo amashami yacyo atoshye kandi kikazana amababi, mumenya ko impeshyi yegereje. Mu buryo nk’ubwo, namwe nimubona ibyo bintu byose, muzamenye ko ageze hafi, ndetse ku rugi. Ndababwira ukuri ko ab’iki gihe batazashiraho ibyo byose bitabaye.”​—Matayo 24:32-​34.

Bityo, mu gihe abigishwa be bari kubona ibintu bitandukanye bigize ikimenyetso birimo bisohora, bagombaga kumenya ko iherezo ry’iyi si ryegereje. Yesu yagiriye inama abigishwa bari kuzaba bariho muri icyo gihe gikomeye.

Yaravuze ati “naho uwo munsi n’icyo gihe, nta muntu ubizi, naho baba abamarayika bo mu ijuru cyangwa Umwana, keretse Data wenyine. Nk’uko iminsi ya Nowa yari iri, ni ko no kuhaba k’Umwana w’umuntu kuzaba. Nk’uko abantu bari bameze muri iyo minsi yabanjirije umwuzure, bararyaga, baranywaga, abagabo bararongoraga n’abakobwa bagashyingirwa, kugeza umunsi Nowa yinjiriye mu nkuge; ntibabyitaho kugeza ubwo umwuzure waje ukabatwara bose. Uko ni ko no kuhaba k’Umwana w’umuntu kuzaba” (Matayo 24:36-​39). Yesu yakoresheje urugero rw’Umwuzure wo mu gihe cya Nowa wagize ingaruka ku isi yose, kugira ngo asobanure ibyari kuzaba.

Intumwa zari ziteze Yesu amatwi ziri ku musozi w’Imyelayo, zigomba kuba zarasobanukiwe ko ari ngombwa gukomeza kuba maso. Yesu yaravuze ati “mwirinde ubwanyu kugira ngo imitima yanyu itaremererwa no kurya no kunywa birenze urugero hamwe n’imihangayiko y’ubuzima, maze mu buryo butunguranye uwo munsi ukazabagwa gitumo umeze nk’umutego, kuko uzagera ku bantu bose batuye ku isi hose. Nuko rero, mukomeze kuba maso, kandi igihe cyose mujye musenga mwinginga kugira ngo muzashobore kurokoka ibyo bintu byose bigomba kubaho, no guhagarara imbere y’Umwana w’umuntu.”​—Luka 21:34-​36.

Aha nanone Yesu yagaragaje ko ibyo yahanuraga bitazasohora mu rugero ruciriritse gusa. Ntiyahanuraga ibintu byari kuba mu myaka ibarirwa muri za mirongo gusa kandi byari kugera ku mugi wa Yerusalemu gusa cyangwa ku ishyanga ry’Abayahudi gusa. Oya, ahubwo yahanuraga ibintu bizagera “ku bantu bose batuye ku isi hose.”

Yavuze ko abigishwa be bazakenera gukomeza kuba maso kandi bakitegura. Yesu yatanze urundi rugero rutsindagiriza ko ari ngombwa kuzirikana uwo muburo, agira ati “mumenye iki: nyir’inzu aramutse amenye igihe umujura ari buzire nijoro, yakomeza kuba maso maze ntamwemerere gucukura inzu ye ngo yinjiremo. Ku bw’ibyo rero, namwe muhore mwiteguye, kuko igihe mudatekereza ari cyo Umwana w’umuntu azaziramo.”​—Matayo 24:43, 44.

Yesu yakomeje aha abigishwa be impamvu yo kurangwa n’icyizere. Yabijeje ko mu gihe ubuhanuzi bwe bwari kuba burimo busohora, hari kuba hari ‘umugaragu’ uri maso kandi urangwa n’ishyaka. Yesu yabisobanuye akoresheje imvugo izo ntumwa zashoboraga kwiyumvisha bitazigoye, agira ati “ni nde mugaragu wizerwa kandi w’umunyabwenge, shebuja yashinze abandi bagaragu be ngo ajye abaha ibyokurya mu gihe gikwiriye? Uwo mugaragu arahirwa shebuja naza agasanga abigenza atyo! Ndababwira ukuri ko azamushinga ibyo atunze byose.” Ariko “uwo mugaragu” nagira umutima mubi agafata nabi bagenzi be, shebuja ‘azamuhana yihanukiriye.’​—Matayo 24:45-​51; gereranya na Luka 12:45, 46.

Icyakora Yesu ntiyashakaga kuvuga ko hari itsinda ry’abigishwa be ryari kugira umutima mubi. None se ni irihe somo Yesu yashakaga kwigisha abigishwa be? Yashakaga ko bakomeza kuba maso kandi bakarangwa n’ishyaka, nk’uko yabigaragaje mu wundi mugani.