Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

IMIBEREHO IKWIRIYE ABAKRISTO

Jya unoza ubuhanga bwawe bwo kubwiriza—Ukoresha neza ibibazo

Jya unoza ubuhanga bwawe bwo kubwiriza—Ukoresha neza ibibazo

IMPAMVU ARI IBY’INGENZI: Niba ‘ibitekerezo byo mu mutima w’umuntu ari nk’amazi maremare,’ ibibazo tumubaza bimeze nk’indobo twakoresha kugira ngo tubimenye (Img 20:5). Kubaza ibibazo bituma uwo tuganira avuga ibyo atekereza. Nanone ibisubizo atanga kuri ibyo bibazo, bituma tumenya uko abona ibintu. Yesu yakoreshaga neza ibibazo. Twamwigana dute?

UKO WABIGENZA:

  • Jya ubaza ibibazo bituma umenya icyo atekereza. Yesu yabajije abigishwa be ibibazo kugira ngo amenye ibibari ku mutima (Mt 16:13-16; be 238 par. 3-5). Ni ibihe bibazo byagufasha kumenya ibiri mu mutima w’umuntu?

  • Jya ubaza ibibazo bituma yifatira umwanzuro. Yesu yakoresheje ibibazo kugira ngo akosore Petero kandi amuha ibisubizo bitandukanye ngo ahitemo icy’ukuri, maze yifatire umwanzuro (Mt 17:24-26). Ni ibihe bibazo wabaza umuntu, bikamufasha kwifatira umwanzuro mwiza?

  • Jya umushimira. Yesu yashimiye umwanditsi ‘wasubizanyije ubuhanga’ (Mr 12:34). Washimira ute umuntu ugushubije ikibazo umubajije?

MUREBE AGACE KABANZA KA VIDEWO IVUGA NGO TUJYE DUKORA UMURIMO YESU YAKORAGA—TWIGISHA, HANYUMA MUSUBIZE IBIBAZO BIKURIKIRA:

  • Kuki uyu mubwiriza atigishije neza, nubwo ibyo yavugaga byari ukuri?

  • Kuki gutanga ibisobanuro gusa bidahagije?

MUREBE AKANDI GACE K’IYO VIDEWO, HANYUMA MUSUBIZE IBIBAZO BIKURIKIRA:

  • Ni mu buhe buryo uyu muvandimwe yakoresheje neza ibibazo?

  • Dukurikije uko yigisha, ni ibihe bintu bindi twamwigiraho?

Uko twigisha bigira izihe ngaruka ku bantu (Lk 24:32)?