Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

UBUTUNZI BWO MU IJAMBO RY’IMANA | ABAGALATIYA 4-6

“Ibintu bifite ikindi bigereranya” bidufitiye akamaro

“Ibintu bifite ikindi bigereranya” bidufitiye akamaro

4:24-31

Intumwa Pawulo yifashishije “ibintu bifite ikindi bigereranya” ashaka kugaragaza ukuntu isezerano rishya riruta isezerano ry’Amategeko. Igihe Kristo n’abazafatanya na we bazaba bategeka, agahinda no kudatungana bizavaho kandi abantu bavanwe mu bubata bw’icyaha n’urupfu.—Ye 25:8, 9.

 

HAGARI WARI UMUJA

Agereranya Isirayeli yari ifite umurwa mukuru wa Yerusalemu, igendera ku isezerano ry’Amategeko

SARA, UMUGORE UFITE UMUDENDEZO

Agereranya Yerusalemu yo hejuru, ari yo gice cyo mu ijuru cy’umuryango w’Imana

“ABANA” BA HAGARI

Bagereranya Abayahudi (bari baragiranye na Yehova isezerano ry’Amategeko) banze Yesu bakanamutoteza

“ABANA” BA SARA

Bagereranya Kristo n’Abakristo basutsweho umwuka 144.000

ISEZERANO RY’AMATEGEKO

Amategeko yibutsaga Abisirayeli ko bari imbata z’icyaha

ISEZERANO RISHYA RITANGA UMUDENDEZO

Kwizera agaciro k’igitambo k’inshungu cya Kristo bituma abantu babaturwa ku cyaha