Abagize itorero baha ikaze mushiki wacu uje ku Nzu y’Ubwami

AGATABO K’ITERANIRO RY’UMURIMO Mata 2017

Uburyo bw’icyitegererezo

Uburyo bw’icyitegererezo bwo gutanga Nimukanguke! n’uburyo bwo kwigisha ukuri ku birebana n’Ubwami bw’Imana. Tegura uburyo bwawe bwo gutangiza ibiganiro.

UBUTUNZI BWO MU IJAMBO RY’IMANA

Jya wemera ko Yehova akubumba

Umubumbyi Mukuru adufasha kugira imico ya gikristo, ariko tugomba gushyiraho akacu.

IMIBEREHO IKWIRIYE ABAKRISTO

Mubakirane urugwiro

Abantu bose baje mu materaniro bagomba kubona ko dukundana. Wakora iki ngo abaje ku Nzu y’Ubwami bumve bishimye?

UBUTUNZI BWO MU IJAMBO RY’IMANA

Ese ufite ‘umutima wo kumenya’ Yehova?

Muri Yeremiya 24, Yehova Imana yagereranyije abantu n’imitini. Ni ba nde bagereranywa n’imbuto nziza z’imitini, kandi se twabigana dute?

IMIBEREHO IKWIRIYE ABAKRISTO

Uko twafasha Abakristo bakonje

Abantu bakonje Yehova aba akibemera. Twabafasha dute kugaruka mu itorero?

UBUTUNZI BWO MU IJAMBO RY’IMANA

Gira ubutwari nka Yeremiya

Yeremiya yamaze imyaka 40 ahanura ko Yerusalemu izarimburwa. Ni iki cyamufashije gukomeza kugira ubutwari?

IMIBEREHO IKWIRIYE ABAKRISTO

Indirimbo z’Ubwami zituma tugira ubutwari

Kuririmba indirimbo z’Ubwami byakomeje abavandimwe bari mu kigo cyakoranyirizwagamo imfungwa cyo mu Budage. Natwe zishobora kudufasha igihe turi mu bigeragezo.

UBUTUNZI BWO MU IJAMBO RY’IMANA

Yehova yahanuye iby’isezerano rishya

Isezerano rishya ritandukaniye he n’isezerano ry’Amategeko, kandi se ni mu buhe buryo atugirira akamaro igihe cyose?