1-7 Mata
1 ABAKORINTO 7-9
Indirimbo ya 136 n’isengesho
Amagambo yo gutangira (Imin. 3 cg itagezeho)
UBUTUNZI BWO MU IJAMBO RY’IMANA
“Impano y’ubuseribateri”: (Imin. 10)
1Kr 7:32—Abaseribateri bashobora gukora byinshi mu murimo wa Yehova kuko baba badafite inshingano nyinshi nk’iz’abashatse (w11 15/1 18 par. 3)
1Kr 7:33, 34—Abakristo bashatse ‘bahangayikishwa n’iby’isi’ (w08 15/7 27 par. 1)
1Kr 7:37, 38—Abakristo bahitamo kudashaka kugira ngo bakore byinshi mu murimo wa Yehova, baba ‘bakoze neza kurusha’ Abakristo bashatse (w96 1/11 8-9 par. 14)
Gucukumbura ibintu by’agaciro byo mu Ijambo ry’Imana: (Imin. 8)
1Kr 7:11—Ni iyihe mimerere ishobora gutuma Umukristo yahukana? (lvs 251)
1Kr 7:36—Kuki Abakristo bagomba gushaka ari uko ‘barenze igihe cy’amabyiruka’? (w00 15/7 31 par. 2)
Ibyo wasomye muri Bibiliya muri iki cyumweru bikwigisha iki kuri Yehova?
Ni ibihe bintu bindi by’agaciro wasomye muri Bibiliya muri iki cyumweru?
Gusoma Bibiliya: (Imin. 4 cg itagezeho) 1Kr 8:1-13 (th ingingo ya 5)
JYA URANGWA N’ISHYAKA MU MURIMO WO KUBWIRIZA
Itoze Gusoma no Kwigisha: (Imin. 10) Ikiganiro. Erekana videwo ivuga ngo: “Kubakira neza imirongo y’Ibyanditswe,” hanyuma muganire ku ngingo ya 4 mu gatabo Gusoma no Kwigisha.
Disikuru: (Imin. 5 cg itagezeho) w12 15/11 20—Umutwe: Ese abantu bahitamo gukomeza kuba abaseribateri baba barahawe impano y’ubuseribateri mu buryo bw’igitangaza? (th ingingo ya 12)
IMIBEREHO IKWIRIYE ABAKRISTO
Koresha neza ubuseribateri bwawe: (Imin. 15) Erekana iyo videwo. Hanyuma ubaze ibibazo bikurikira: Ni iyihe ngorane abaseribateri benshi bahura na yo (1Kr 7:39)? Ni mu buhe buryo umukobwa wa Yefuta ari urugero rwiza? Ni iki Yehova aha abakomeza kugendera mu gukiranuka (Zb 84:11)? Abagize itorero bashyigikira bate abaseribateri? Ni ibihe bintu bitandukanye Abakristo b’abaseribateri bashobora gukora mu murimo wa Yehova?
Ikigisho cya Bibiliya k’Itorero: (Imin. 30) jy igice cya 61
Isubiramo no kuvuga muri make ibyo muziga mu cyumweru gitaha (Imin. 3)
Indirimbo ya 42 n’isengesho