Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

Uburyo bw’icyitegererezo

Uburyo bw’icyitegererezo

UMUNARA W’UMURINZI

Ikibazo: Umuntu akubajije ati “ijuru ni iki” wamusubiza ngo iki?

Umurongo w’Ibyanditswe: Yoh 8:23

Icyo wavuga: Iyi gazeti y’Umunara w’Umurinzi iratwereka icyo Yesu na Se baduhishurira ku bijyanye n’ijuru.

JYA WIGISHA UKURI

Ikibazo: Ese ntiwibonera ko ibyo Bibiliya yahanuye bisohora muri iki gihe?

Umurongo w’Ibyanditswe: 2Tm 3:1-5

Ukuri: Ubuhanuzi buvuga iby’iminsi y’imperuka burimo burasohora. Ibyo bituma twiringira ko n’ubuvuga iby’igihe kizaza gishimishije buzasohora.

KUKI UKWIRIYE KWIGA BIBILIYA? (Videwo)

Uko twatangira: Turimo turereka abantu videwo ngufi isobanura ukuntu twabona ibisubizo by’ibibazo dukunze kwibaza. [Erekana videwo.]

Icyo wavuga: Iki gitabo kirakwereka icyo Bibiliya ivuga ku birebana n’ukuntu Imana izakemura ibibazo biri ku isi. [Muhe igitabo Icyo Bibiliya yigisha cyangwa Icyo Bibiliya itwigisha.]

ANDIKA UBUNDI BURYO WAKORESHA

Ifashishe urugero rwatanzwe mu ngingo yabanjirije iyi kugira ngo utegure uburyo bwawe bwo gutanga ibitabo.