Soma ibirimo

Reba urutonde rw'ibirimo

IMIBEREHO IKWIRIYE ABAKRISTO

Rubyiruko, mwihutire kunyura mu ‘irembo rigari’

Rubyiruko, mwihutire kunyura mu ‘irembo rigari’

Abakiri bato bashobora gutekereza ko bazakomeza kuba abasore, kandi ko batazigera bahura n’“iminsi y’amakuba” ijyanirana n’iza bukuru (Umb 12:1). Niba ukiri muto, ushobora kuba ufite igihe gihagije ku buryo wakwishyiriraho intego zo mu buryo bw’umwuka, urugero nko gukora umurimo w’igihe cyose.

‘Ibihe n’ibigwirira abantu bigera [kuri] bose’ hakubiyemo n’abakiri bato (Umb 9:11). Ntimuba ‘muzi uko ejo ubuzima bwanyu buzaba bumeze’ (Yak 4:14). Ni yo mpamvu mutagombye gutindiganya kwinjira mu “irembo rigari rijya mu murimo” kuko ricyuguruye (1 Kor 16:9). Ntimuzigera mwicuza.

Intego zo mu buryo bw’umwuka mwakwishyiriraho:

  • Kubwiriza mu rundi rurimi

  • Gukora umurimo w’ubupayiniya

  • Kwiga amashuri ya gitewokarasi

  • Gukora imirimo y’ubwubatsi

  • Gukora kuri Beteli

  • Kuba umugenzuzi usura amatorero

Intego zanjye: