Abantu bagiye mu ikoraniro muri Malawi bateraniye hamwe ngo barebe ikiganiro cya tereviziyo yacu

AGATABO K’ITERANIRO RY’UMURIMO Ugushyingo 2019

Uburyo bwo gutangiza ibiganiro

Uburyo bwo gutangiza ibiganiro twereka abantu umugambi Imana yari ifitiye abantu n’ukuntu izawusohoza mu gihe kiri imbere.

UBUTUNZI BWO MU IJAMBO RY’IMANA

Ntimugakunde isi cyangwa ibintu biri mu isi

Ni iki kizadufasha kwirinda ko isi n’ibiyirimo bidutandukanya na Yehova?

IMIBEREHO IKWIRIYE ABAKRISTO

Jya wirinda umwuka w’isi mu gihe utegura ubukwe

Ni ayahe mahame yo muri Bibiliya yafasha abitegura ubukwe gutegura neza uwo munsi, ku buryo bakomeza kugira umutimanama ukeye kandi ntibicuze?

UBUTUNZI BWO MU IJAMBO RY’IMANA

Tugomba guhatana kugira ngo tugume mu kuri

Twakora iki ngo “turwanirire cyane ukwizera”?

UBUTUNZI BWO MU IJAMBO RY’IMANA

“Nzi ibikorwa byawe”

Yesu azi ibintu byose bibera mu matorero kandi agenzura inteko zose z’abasaza.

IMIBEREHO IKWIRIYE ABAKRISTO

Yehova azi ibyo dukeneye

Kuki buri koraniro riza rihuje n’ibyo twari dukeneye? Ni iki gituma amateraniro yo mu mibyizi adutera inkunga?

UBUTUNZI BWO MU IJAMBO RY’IMANA

Abicaye ku mafarashi ane

Muri iki gihe abicaye ku mafarashi ane y’ikigereranyo avugwa mu Byahishuwe batangiye kugenda. Ni iki buri farashi igereranya?

IMIBEREHO IKWIRIYE ABAKRISTO

Yehova akunda utanga yishimye

Ni ubuhe buryo twakoresha kugira ngo dutange impano zo gushyigikira umurimo ukorwa n’Abahamya ba Yehova mu gihugu cyacu no ku isi hose?