Ababwiriza batumira abantu mu Rwibutso muri Alubaniya

AGATABO K’ITERANIRO RY’UMURIMO Werurwe 2017

Uburyo bw’icyitegererezo

Uburyo bw’icyitegererezo bwo gutanga Umunara w’Umurinzi no kwigisha ukuri ku birebana n’Ubwami bw’Imana. Tegura uburyo bwawe bwo gutangiza ibiganiro.

UBUTUNZI BWO MU IJAMBO RY’IMANA

“Ndi kumwe nawe kugira ngo ngukize”

Igihe Yehova yahaga Yeremiya inshingano yo guhanura, yumvaga ko atazayishobora. Uko Yehova yamuhumurije

UBUTUNZI BWO MU IJAMBO RY’IMANA

Baretse gukora ibyo Imana ishaka

Abisirayeli bibwiraga ko ibitambo bahoraga batamba byari gutuma Yehova yihanganira ibikorwa byabo bibi. Yeremiya yavuze ibyaha byabo n’uburyarya bwabo.

IMIBEREHO IKWIRIYE ABAKRISTO

Uko twakoresha agatabo Ni ba nde bakora ibyo Yehova ashaka muri iki gihe?

Koresha aka gatabo kugira ngo ufashe umwigishwa wa Bibiliya kumenya Abahamya ba Yehova abo ari bo, ibyo dukora n’umuryango wacu.

UBUTUNZI BWO MU IJAMBO RY’IMANA

Abantu nta cyo bageraho batisunze Yehova

Abisirayeli bo mu gihe cya kera bemeraga kuyoborwa na Yehova bagiraga amahoro n’ibyishimo n’ubukire.

IMIBEREHO IKWIRIYE ABAKRISTO

Uko twakoresha agatabo Tega Imana amatwi uzabeho iteka

Jya wifashisha amafoto n’imirongo ya Bibiliya, igihe wigisha inyigisho z’ibanze abantu batazi gusoma neza.

UBUTUNZI BWO MU IJAMBO RY’IMANA

Abisirayeli bibagiwe Yehova

Ni iki Yehova yashakaga kwigisha igihe yasabaga Yeremiya gukora urugendo rw’ibirometero 500 agiye guhisha umukandara ku ruzi rwa Ufurate?

IMIBEREHO IKWIRIYE ABAKRISTO

Fasha abagize umuryango wawe kwibuka Yehova

Kugira gahunda ihoraho y’iby’umwuka bifasha umuryango wawe kwibuka Yehova. Wakora iki ngo utsinde inzitizi zo kutagira gahunda yo kwiyigisha mu muryango?