Batumira umuntu mu Rwibutso muri Siloveniya

AGATABO K’ITERANIRO RY’UMURIMO Werurwe 2018

Uburyo bwo gutangiza ibiganiro

Ibiganiro n’ibibazo bikoreshwa muri gahunda yo gutumira abantu mu Rwibutso: Kuki Yesu yapfuye? Inshungu idufitiye akahe kamaro?

UBUTUNZI BWO MU IJAMBO RY’IMANA

“Umuntu wese wifuza kuba ukomeye muri mwe, agomba kuba umukozi wanyu”

Ese mu murimo dukorera Imana twibanda ku mirimo ituma tugaragara cyangwa ituma abandi badushima? Umuntu wicisha bugufi akora imirimo ibonwa na Yehova gusa.

UBUTUNZI BWO MU IJAMBO RY’IMANA

Jya wumvira amategeko abiri akomeye kuruta ayandi

Yesu yavuze ko amategeko abiri akomeye kuruta ayandi ari ayahe? Twagaragaza dute ko twumvira ayo mategeko?

IMIBEREHO IKWIRIYE ABAKRISTO

Itoze gukunda Imana na bagenzi bawe

Tugomba gukunda Imana na bagenzi bacu. Ikintu k’ingenzi cyadufasha kurwitoza, ni ugusoma Bibiliya buri munsi.

UBUTUNZI BWO MU IJAMBO RY’IMANA

Mukomeze kuba maso muri iyi minsi y’imperuka

Abantu benshi bahangayikishwa cyane no gushaka imibereho bakibagirwa Imana. Ni mu buhe buryo Abakristo bari maso batabona ibi bintu nk’uko isi ibibona?

IMIBEREHO IKWIRIYE ABAKRISTO

Twegereje iherezo ry’iyi si mbi

Ayo magambo Yesu yavuze agaragaza ate ko imperuka yegereje? Icyo kibazo hamwe n’ibindi bisubizwa muri iyi videwo ivuga ngo: “Twegereje iherezo ry’iyi si mbi.”

UBUTUNZI BWO MU IJAMBO RY’IMANA

“Mukomeze kuba maso”

Mu mugani wa Yesu w’abakobwa icumi, umukwe agereranya nde kandi se abakobwa b’abanyabwenge n’ab’abapfapfa bagereranya ba nde? Uwo mugani ukwigisha iki?

IMIBEREHO IKWIRIYE ABAKRISTO

Jya unoza ubuhanga bwawe bwo kubwiriza—Utoza abigishwa gutegura

Twagombye gutoza abigishwa ba Bibiliya gutegura kuva tugitangira kubigisha. Ibyo twabikora dute?