Uburyo bwo gutangiza ibiganiro
●○○ KUGANIRA N’UMUNTU BWA MBERE
Ikibazo: Ni uwuhe mugambi Imana ifitiye abantu?
Umurongo w’Ibyanditswe: It 1:28
Icyo muzaganiraho ubutaha: Ni iki kitwemeza ko Imana izasohoza umugambi ifitiye abantu?
○●○ GUSUBIRA GUSURA BWA MBERE
Ikibazo: Ni iki kitwemeza ko Imana izasohoza umugambi ifitiye abantu?
Umurongo w’Ibyanditswe: Ye 55:11
Icyo muzaganiraho ubutaha: Ubuzima buzaba bumeze bute Imana nisohoza umugambi wayo?
○○● GUSUBIRA GUSURA BWA KABIRI
Ikibazo: Ubuzima buzaba bumeze bute Imana nisohoza umugambi wayo?
Umurongo w’Ibyanditswe: Zb 37:10, 11
Icyo muzaganiraho ubutaha: Twakora iki ngo tuzabone ibyo Imana yadusezeranyije?
GAHUNDA YO GUTUMIRA ABANTU MU RWIBUTSO (23 Werurwe–19 Mata):
Twifuza kugutumira mu munsi mukuru w’ingenzi. Akira urupapuro rw’itumira. Ku wa Gatanu tariki ya 19 Mata, abantu babarirwa muri za miriyoni bo hirya no hino ku isi, bazateranira hamwe bizihize Urwibutso rw’urupfu rwa Yesu Kristo. Uru rupapuro rw’itumira rugaragaza igihe n’aho bizabera. Nanone, tugutumiriye kuzaza kumva disikuru ifite umutwe uvuga ngo: “Wakora iki ngo uzabone ubuzima nyakuri?” Iyo disikuru izatangwa mu cyumweru kibanziriza uwo munsi mukuru.
Icyo muzaganiraho ubutaha niba yashimishijwe: Kuki Yesu yapfuye?